Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mohammed Deif: Umuntu Wa Mbere Israel Ihigisha Uruhindu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mohammed Deif: Umuntu Wa Mbere Israel Ihigisha Uruhindu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2021 7:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo za Israel zimaze imyaka 25 zihiga umugabo witwa Mohammed Deif. Niwe uyobora ishami rya gisirikare rya Hamas. Mu bitero imaze iminsi igaba muri Gaza bigize ikiswe Operation Guardian of The Walls( Umurinzi w’Inkuta z’i Yeruzalemu), Israel imaze kumuhusha inshuro ebyiri.

Hashize hafi ibyumweru bibiri iriya operation itangiye ariko Mohammed Deif abacika ku munota wa nyuma.

Imwe mu ntego z’Abajenerali ba Israel ni uko ibi bitero bitazahagarara bativuganye      Mohammed Deif.

Israel imushinja ibitero byahitanye abaturage bayo, ubu hakaba hashize imyaka  25.

Deif ayobora ishami rya gisirikare rya Hamas ryitwa Izzedin al-Qassam Brigades.

Inzego z’ubutasi bwa Israel zakoze uko zishoboye ngo zimuhitane ariko kugeza ubu ntizirabigeraho mu buryo bwuzuye.

Gusa zashoboye kumumena ijisho, zimuca akaboko n’amaguru abiri, ariko aracyahumeka.

Zamuhushije mu mwaka wa  2001, muri 2002,  mu mwaka wa 2003, mu mwaka wa 2006 no mu mwaka wa  2014 ku kiswe Operation Protective Edge.

Ejo bundi rero nabwo zamusutseho bombe ariko ihitana umugore we n’umwe mu bana be ariko we ararusimbuka.

Deif ufatwa nk’umuyobozi wa gisirikare ukomeye aherutse gusaba Israel kudahirahira ngo yirukane Abanyapalestine mu bice basanzwe batuyemo ndetse ayisaba gukura Polisi yayo mu gace gaturiye umusigiti ukomeye witwa al-Aqsa uri i Yeruzalemu.

Icyo gihe yaburiye Israel ko nitumva ibyo isabwe izahura n’akaga kuko Hamas izarasa ibisasu muri Yerusalemu.

Bidatinze koko yatangiye kubiharasa ndetse bimwe bihitana abaturage.

Ku Cyumweru tariki 16, Gicurasi, 2021, Umuyobozi w’Ingabo za Israel zikorera mu Majyepfo yayo witwa Maj.-Gen. Eliezer Toledano yabwiye Televiziyo yitwa   Channel 12 ko Muhammad Deif na Yahya Sinwar bari mu bantu ba mbere Israel igomba kwikiza.

Maj.-Gen. Eliezer Toledano

Kugeza ubu Israel ivuga ko imaze kwica abarwanyi ba Hamas 160 mu minsi 10 imaze irasa muri Gaza.

Ku rundi ruhande, amakuru avuga ko Hamas nayo imaze kurasa rockets 3 000 muri Israel zikaba zarishe abaturage barenga 10.

Inyinshi ariko zihanurirwa mu kirere bikozwe n’ibikoresho  bya Israel bya kabuhariwe muri aka kazi.

TAGGED:DeiffeaturedHamasIsraelUruhindu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare Ba Tchad Ikibazo Cyayo Mukibarekere- Tshisekedi
Next Article Gicumbi: Bimuriye Utubari Mu Ishyamba Kandi Bari Muri Guma Mu Rugo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?