Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MoMoBusiness: Uburyo Bushya Bwo Kwishyurana Bugenewe Abacuruzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

MoMoBusiness: Uburyo Bushya Bwo Kwishyurana Bugenewe Abacuruzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 June 2022 10:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda) cyashyizeho uburyo bushya bwo guhererekanya amafaranga hagati y’abacuruzi bishyurana kugira ngo buborohereze mu kazi kabo. Bwiswe MoMoBusiness (MoMoBiz).

Bwifashisha ikoranabuhanga hagamijwe gufasha abacuruzi bo mu byiciro bitandukanye( abacuruzi banini n’abato) kwishyurana mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Umucuruzi ashobora kwishyura ibyo yaranguye, akishyura imodoka yabizanye, akishyura abakozi be, akishyura ikarita yo guhamagara n’ibindi bitandukanye.

Azashobora no kwakira amafaranga abakiliya bamwishyura binyuze mu buryo bwa MoMoPay.

MoMo Rwanda muri iki gihe ifite abantu miliyoni 3.8 bayifasheho ifatabuguzi.

Imibare itangwa n’iki kigo ivuga ko abacuruzi 51,000 bo hirya no hino mu Rwanda ari bo bakoresha buriya buryo kugira ngo bahererekanye amafaranga haba mu kwishyura cyangwa mu kwishyurwa.

Itangizwa ry’uburyo bwa MoMoBiz ni akandi karusho ko korohereza abacuruzi gukomeza gukoresha uburyo bwo kwishyurana bwa MoMo.

Bamwe muri aba bacuruzi bigeze kumvikana bavuga ko byaba byiza bashyiriweho uburyo bwo kwishyura cyangwa kwishyurwa biboroheye, buri wese akabona uko ibyo yakoreye ku mafaranga ye byagenze kandi ikiguzi cy’izi serivisi ntikibe gihanitse.

Ubwo hatangizwaga gahunda ya MoMoBiz, umuyobozi w’Ikigo Mobile Money Rwanda Madame Chantal Kagame yagize ati: “MoMoBiz ni gahunda twari tumaze igihe dutegura kandi ubu twishimiye ko itangiye, ikazagirira akamaro abakiliya bacu bakora business.”

Chantal Kagame avuga ko buriya buryo buzafasha abacuruzi kumenya uko ibikorwa byabo by’ubucuruzi byagenze: abishyuwe, abishyuye, ayishyuwe n’asigaye, igihe yishyuriwe n’igihe ibicuruzwa bindi bizacyenererwa n’ibindi.

Madamu Chantal Kagame avuga ko ubu buryo ari ingirakamaro ku bacuruzi

Ubuyobozi bw’Ikigo Mobile Money Rwanda Ltd buvuga ko MoMoBiz izagirira akamaro abacuruzi bose bazayikoresha.

Kugira ngo umucuruzi ashobore gukoresha iyi gahunda nshya bisaba ko hari ibyo yuzuza.

Binyuze mu ikoranabuhanga, agomba gushyiraho icyemezo cy’uko yemewe na RDB( RDB certificate) nomero y’ubucuruzi(TIN number) n’ibindi.

Abikora aciye kuri www.momobusiness.mtn.co.rw.

Iyi gahunda ya MoMoBiz kandi igamije gukomeza Politiki ya Leta y’u Rwanda yo kubaka ubucuruzi n’urwego rw’imari rukoresha ikoranabuhanga mu guhererekanya amafaranga, ibyo bita cashless economy.

TAGGED:featuredGahundaKagameLetaMobileMoneyMTNRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yakoze Ikosa Ryo Kwemerera Ingabo Za Uganda ‘Kugaruka’ Mu Gihugu Cye
Next Article U Bwongereza Burashaka Kuva Mu Rukiko Rw’u Burayi Rw’Uburenganzira Bwa Muntu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?