Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MONUSCO Yahagaritse Burundu Gukorera Muri Kivu Y’Epfo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

MONUSCO Yahagaritse Burundu Gukorera Muri Kivu Y’Epfo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2024 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kubisabwa na Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Akanama k’Umutekano mu Muryango w’Abibumbye kanzuye ko ingabo zako za MONUSCO zitangira kuva muri Kivu y’Amajyepfo.

Ni icyemezo cyahise gitangira gushyirwa mu bikorwa guhera kuri uyu wa Kabiri taliki 30, Mata, 2024.

Itangazo rya MONUSCO rivuga kuri iyi ngingo riragira riti: “ MONUSCO yatangiye gukura abasirikare n’ibikoresho byayo muri Kivu y’Amajyepfo kandi guhera taliki 01, Gicurasi, 2024 ntizongera kubarizwa ku butaka bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo habe no mu kurinda abayituye!”

Rivuga ko abasirikare bake bashinzwe kurinda inyubako z’aho abagiye babaga namwe n’ibikoresho bitarimurwa ari bo bonyine bazasigara muri iki gice.

Umuyobozi wa MONUSCO, Umunya Guinea witwa Bintou Keita yatangaje ko inshingano zo gucungira umutekano abatuye muri iki gice zisigaye mu biganza by’ingabo za DRC ubwazo.

Mu rwego rwo kwerekana ko ibi ari icyemezo gikomeye, MONUSCO yahererekanyije ububasha bwo gucunga biriya bice n’ingabo za DRC.

Ibirindiro bya gisirikare babiri bya mbere byahawe ingabo za DRC, ibindi bitanu(Mikenge, Minembwe, Rutemba, Uvira na  Kavumu) bikazahabwa ubuyobozi bw’iki gihugu hagati ya Gicurasi na Kamena, 2024 n’aho ibindi bibiri ari byo Baraka na Sange bizatangwa mu mataliki ataramenyekana ya Gicurasi, uyu mwaka.

Hari n’ahandi hantu 15 hakorerwaga n’abakozi b’iri shami hazaba hafunzwe bitarenze taliki 30, Kamena, 2024 kandi icyo gihe abakozi ‘hafi ya bose’ ba MONUSCO bazaba baratashye.

Hari bake bazasigara kugira ngo bashyire ibintu mu buryo, ni ukuvuga kureba niba amadosiye yose arebana no guhererekanya inshingano ku mpande zombi yaratanzwe.

Abasirikare ba MONUSCO nibo bari bagize itsinda ry’abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye benshi bakoreraga mu gihugu kimwe umurimo wo kukigaruramo no kukirindiramo amahoro.

Bageze muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu mwaka wa 2003, ubu bakaba bagiye kuhava babarirwa mu bantu 100,000.

Kuva muri Kivu y’Epfo kwabo kwamejwe n’umwanzuro wa UN Nomero 2717 wo mu Ukuboza, 2023, wasobanuraga uko ingabo za MONUSCO zizava muri Kivu na Ituri.

Ifoto©RadioOkapi:Bintu Keita ahererekanya ububasha n’umuyobozi wa Kivu

TAGGED:AbasirikarefeaturedIngaboIturiKeitaKivuMONUSCO
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Netanyahu Yahize Kurimbura Hamas Niyo Yakwemera Imishyikirano
Next Article Perezida Kagame Yemeje Umutwe Mushya W’Ingabo Z’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?