Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Moteri Y’Ubukungu Bw’Amerika Igiye Kongera Gukora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Moteri Y’Ubukungu Bw’Amerika Igiye Kongera Gukora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 April 2021 6:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyo moteri ni Leta ya California. Bitaganyijwe ko bitarenze tariki 15, Mata, 2021 ibikorwa by’ubucuruzi bwose muri California bizafungura. Ni ibyatangajwe na Perezida Joe Biden,waboneyeho no kuvuga ko abaturage be bafite imyaka y’ubukure bazatangira gukingirwa COVID-19 mu byumweru bibiri biri imbere.

California

Iyo usesenguye usanga California ari igihugu mu kindi. Ni iyo Leta mu zindi zigize USA ikize kurusha izindi k’uburyo iramutse ari igihugu ukwacyo, cyaba ari icya 15 gikize ku isi, kikaba nicya 34 gituwe kurusha ibindi.

Ituwe n’abaturage miliyoni 39.3, bakaba batuye ku buso bwa kilometero kare423,970 .

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubu buso butuma iba iya gatatu muri Leta ngari za USA.

Kubera ko ituriye inyanja, bituma igira ahantu henshi abantu baza kuruhukira, ku mucanga bita beach.

Umurwa mukuru wa California witwa Sacramento, ariko umujyi utuwe cyane ukaba uri n’iwabo w’ibyamamare ni Los Angeles.

Los Angeles niwo mujyi wa kabiri utuwe muri USA nyuma ya New York City.

Ubukungu bwa California burahambaye cyane k’uburyo muri 2019, ubukungu mbumbe bwayo bwari miliyari ibihumbi 3.2.

- Advertisement -

Ibice birimo ibikorwa biyinjiriza kurusha ibindi ni Los Angeles na San Francisco kuko muri 2020 Los Angeles yinjije Tiriyari y’amadolari(ni ukuvuga miliyari igihumbi z’amadolari) mu gihe San Francisco yinjije igice cya Tiriyari y’amadolari.

Niyo Leta ikize kurusha izindi za USA

Mumwaka wa 2018, umusaruro mbumbe w’abatuye agace ka San Francisco Bay Area wabaye  $106,757 ku muturage.

Aka gace kandi niko gatuwemo n’abantu bane mu bantu 10 bakize kurusha abandi ku isi.

California  ni iwabo w’ibyamamare mu myidagaduro, sinema ikoranabuhanga n’ibindi.

Ikigo gitunganya sinema kiri ahitwa Holywood niho giherereye, Google, Facebook, n’ibindi.

Mu Majyaruguru ya California niho haherereye agace kitwa Silicon Valley kubatswemo inganda z’ikoranabuhanga zihambaye kurusha izindi ku isi.

Ubuhinzi bukorerwa muri Califorinia nibwo butanga umusaruro uruta ubukorerwa mu zindi Leta zigize        USA.

Kuba ubutegetsi bwa Joe Biden buteganya gufungura ibikorwa by’ubucuruzi bwa California ni ikintu kizafasha USA gukomeza kuba igihangange mu  bucuruzi ku isi.

TAGGED:AbakireAmerikaCaliforniafeaturedIkoranabuhangaMoteriSinema
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwemeye Umusanzu Mu Guhagarika COVID-19 No Kwita Ku Kirere
Next Article Perezida wa Tanzania Agiye Gushyiraho Itsinda Rizatanga Inama Ku Kurwanya COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?