Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mozambique: Amaduka Y’Abanyarwanda Yasahuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Mozambique: Amaduka Y’Abanyarwanda Yasahuwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 October 2024 8:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imyigaragambyo yibasiye ubucuruzi bw'Abanyarwanda bakorera i Maputo
SHARE

Abanyarwanda baba muri Mozambique bari mu gahinda ko kwibasirwa n’abaturage bo muri iki gihugu barakajwe n’ibyavuye mu matora birara mu maduka yabo barabasahura.

Abo baturage barakajwe ni uko Daniel Chapo ari we watangajwe ko yayatsinze ku majwi 70%, ahigitse Venancio Mondlane wagize 20%. wo mu ishyaka ritavuga rumwe na Guverinoma yari imaze imyaka myinshi iyobowe na Perezida Philip Nyusi.

Venancio Mondlane ari mu Ishyaka Podemos naho Daniel Chapo ari mu ishyaka Frelimo riyobora Mozambique kuva yabona ubwigenge mu mwaka wa 1975.

Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu yihanganishije Abanyarwanda bahuye n’akaga ko gusahurwa n’abaturage.

Yabasabye gukomeza ubunyangamugayo bubaranga kandi bakamenya kwigengesera mu gihugu kitari icyabo.

Taliki 09, Ukwakira, 2024, nibwo muri  Mozambique batoye Umukuru w’Igihugu usimbura Perezida Philip Nyusi.

Mu minsi itatu ishize, Komisiyo y’Amatora ya Mozambique yatangaje- bidasubirwaho- ko Daniel Chapo w’ishyaka Frelimo riri ku butegetsi ari we watsinze amatora ku majwi 70%.

Uwo yatsinze yahise atangaza ko yibwe amajwi, maze imyigaragambyo iratangira hafi mu gihugu hose.

Yaranzwe n’urugomo rwo kwirara mu maduka y’abenegihugu n’abanyamahanga barasahurwa.

Mu itangazo rya Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu yagaragaje ko nyuma yo kubona ihohoterwa ryakorewe bamwe mu Banyarwanda yasanze ari ngombwa kubihanganisha bakibutswa no kwigengesera.

Riragira riti: “Ubuyobozi bwa Ambasade bwihanganishije abagizweho ingaruka n’imyigaragambyo ivanze n’urugomo. Buboneyeho kandi gusaba Abanyarwanda bakorera n’abasura iki gihugu kwigengesera bakarinda ubuzima bwabo kuko ufite ubuzima yakora akabona ibindi bintu”.

Ambasade y’u Rwanda i Maputo yasabye buri wese aho atuye gusangiza amakuru ubuyobozi bw’Umuryango Nyarwanda muri Mozambique (RCA/Diaspora) ndetse n’Ubuyobozi bw’Ambassade kugira ngo aho bishoboka hashakwe ubutabazi.

Abanyarwanda baba muri Mozambique babarirwa mu bantu 5,000.

Andi makuru yo muri iki gihugu giherereye mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bw’Afurika, avuga ko ku wa Gatanu henshi mu Murwa mukuru w’iki gihugu ari wo Maputo, murandasi yari yavanyweho.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, bivuga ko gukoresha murandasi mu buryo bworoshye byari bigoye kuko byasabaga ko umuntu ayikoresha ari uko ari iwe gusa.

Kuyigendana kuri telefoni cyangwa murandasi isanzwe ntibyakundaga.

Hari umuturage wabwiye itangazamakuru ko atekereza ko byaba byarakozwe nkana na Guverinoma kugira ngo ikureho uburyo bworohereza abaturage guhanahana amakuru y’uko imyigaragambyo yagendaga.

Uko ni ko n’abakozi bo mu kigo gishinzwe kugenzura imikorere ya murandasi kitwa Netblocks nabo babyemera.

Indorerezi zo mu Muryango w’Ubumwe bw’Uburayi zivuga ko hari ibintu bitagenze neza muri ayo matora.

Ibitaragenze neza ni ibyerekeranye no kubarura amajwi, ibyo bikaba bivuze ko hari amajwi ‘ ashobora kuba yaribwe’.

 

TAGGED:AbanyarwandaAmadukaAmatoraAmbasadefeaturedImyigaragambyoItangazoMozambique
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikipe Ya Volley Ya Polisi Yihanije Iya APR
Next Article Ubuzima Bw’Umuyobozi W’Ikirenga Wa Iran Buri Mu Kaga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?