Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mozambique: Ingabo Z’u Rwanda Zubakiye Abana Amashuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Mozambique: Ingabo Z’u Rwanda Zubakiye Abana Amashuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2024 12:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ahitwa Ancuabe muri Cabo Delgado ingabo z’u Rwanda na Polisi ziherutse gutaha amashuri atanu zubakiye abahatuye kugira ngo abana bigire aheza.

Ayo mashuri yubatswe ahitwa Nacololo, mu itahwa ryayo hakaba haratanzwe n’ibikoresho bitandukanye bigenewe abanyeshuri.

Ibyo ni intebe 100 zifatanye n’ameza abana bandikiraho, ibitabo by’amashuri, amakaramu, ingwa za mwarimu n’amakaramu yo gushushanyisha…byose bikaba byarahawe abana 500.

Brig. Gen  Théodomille Bahizi uyoboye ingabo zigize ikitwa Task Force Battle Group 3  yavuze ko ingabo z’u Rwanda zagiye muri Mozambique zitajyanywe no kuhagarura amahoro gusa ahubwo nko zifite n’intego yo gufasha abahatuye kugira ubuzima bwiza.

Brig. Gen Théodomille Bahizi

Avuga ko uburezi ari ingenzi mu kuzamura ejo hazaza ha buri gihugu.

Ati: “Ingabo z’u Rwanda ziyemeje kuzakomeza gukorana n’ubuyobozi bwa Mozambique mu bikorwa byazo kugira ngo intego twiyemeje igerweho”.

Umuyobozi w’Umujyi wa Ancuabe muri Cabo Delgado witwa Benito Joaquim Santos Casimilo yashimye umusanzu u Rwanda ruha Mozambique binyuze mu ngabo zarwo na Polisi yarwo.

Avuga ko kimwe mu bibyerekana ari igikorwa cyo kubakira bariya bana amashuri yo kubafasha kwiga neza.

Umuyobozi w’Ikigo cy’ariya mashuri witwa Faluki Silverio avuga ko yizeye ko umusanzu ikigo cye  cyahawe uzagirira akamaro abanyeshuri kandi ko bazafata neza biriya byumba.

TAGGED:AbanaAbaturageAmashuriBahiziCabofeaturedIngaboPolisiRDFRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya: Abanyeshuri 17 Bishwe N’Inkongi
Next Article Ngirente Avuga Ko U Rwanda Rushaka Ko Abikorera Barushaho Guteza Imbere Ubuhinzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

You Might Also Like

ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi Rusange

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?