Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mpangayikishijwe N’Uko U Bufaransa Buri Kuba Igihugu Kirangwa N’Ivangura- Macron
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Mpangayikishijwe N’Uko U Bufaransa Buri Kuba Igihugu Kirangwa N’Ivangura- Macron

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 July 2021 11:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Emmanuel Macron avuga ko muri iki gihe mu gihugu cye hari abantu benshi barangije kumva ko batandukanye n’abandi, ko ari bo bantu nyabo. Ibi, kuri we, birahangayikishije.

Ni mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ELLE, aho yemeza ko ku giti cye yemera ko abantu muri rusange ari bamwe, ko buri wese yagira icyo yunganira mugenzi we.

Abahanga mu mibanire y’abantu bazi neza ko iyo abantu batangiye kumva ko ari bo ‘bo bonyine’ bazima, bafite ubwenge n’ububasha kurusha abandi, biba ikibazo kuko akenshi biganisha ku buhezanguni bushobora kuvamo na Jenoside.

Macron avuga ko kimwe mu bibazo byazonze Abafaransa ari ukwiyumvamo ibara ry’uruhu, aho baturutse mbere yo gutura mu Bufaransa, idini n’ibindi.

Kuri we, ibi ntibyagombye kuba intandaro yo kumva ko runaka aruta undi mu Bufaransa cyangwa ngo bibe intandaro yo gusaba guhabwa uburenganzira runaka hashingiwe gusa kuri iyo ngingo.

Ati: “ Mbona ko abaturage bacu bari kuba abahezanguni umunsi ku wundi kandi ikibabaje ni uko bigarutse nyuma y’igihe runaka byaracitse.”

Macron avuga ko abantu bagombye kureba icyo basangiye n’abandi kurusha kureba icyo babarusha cyangwa badafite ngo babe ari cyo bubakiraho.

Ku rundi ruhande, Emmanuel Macron asaba inzego zose zirebwa n’ubutabera kuba maso ntizigire uwo zirenganya ahubwo zigakora k’uburyo buri Mufaransa yisanga mu byiza by’igihugu cye.

Ubufaransa ni kimwe mu bihugu bituwe n’abaturage bahatuye baturutse hirya no hino.

Barimo Abayahudi, Abarabu bo muri Algeria , Abirabura, Abisilamu n’abandi.

Ikindi ni uko kiri mu bihugu byagiye bigabwamo ibitero by’iterabwoba bikica abantu benshi bitewe n’impamvu zo kutabiyumvamo.

TAGGED:AbayahudifeaturedivanguraMacron
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Mu Bashyitsi b’Imena I Burundi
Next Article Abashoramari Bo Muri Hongrie ‘Bibwe Miliyari 1 Frw’ Basubijwe Ayagarujwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?