Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mpangayikishijwe N’Uko U Bufaransa Buri Kuba Igihugu Kirangwa N’Ivangura- Macron
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Mpangayikishijwe N’Uko U Bufaransa Buri Kuba Igihugu Kirangwa N’Ivangura- Macron

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 July 2021 11:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Emmanuel Macron avuga ko muri iki gihe mu gihugu cye hari abantu benshi barangije kumva ko batandukanye n’abandi, ko ari bo bantu nyabo. Ibi, kuri we, birahangayikishije.

Ni mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ELLE, aho yemeza ko ku giti cye yemera ko abantu muri rusange ari bamwe, ko buri wese yagira icyo yunganira mugenzi we.

Abahanga mu mibanire y’abantu bazi neza ko iyo abantu batangiye kumva ko ari bo ‘bo bonyine’ bazima, bafite ubwenge n’ububasha kurusha abandi, biba ikibazo kuko akenshi biganisha ku buhezanguni bushobora kuvamo na Jenoside.

Macron avuga ko kimwe mu bibazo byazonze Abafaransa ari ukwiyumvamo ibara ry’uruhu, aho baturutse mbere yo gutura mu Bufaransa, idini n’ibindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri we, ibi ntibyagombye kuba intandaro yo kumva ko runaka aruta undi mu Bufaransa cyangwa ngo bibe intandaro yo gusaba guhabwa uburenganzira runaka hashingiwe gusa kuri iyo ngingo.

Ati: “ Mbona ko abaturage bacu bari kuba abahezanguni umunsi ku wundi kandi ikibabaje ni uko bigarutse nyuma y’igihe runaka byaracitse.”

Macron avuga ko abantu bagombye kureba icyo basangiye n’abandi kurusha kureba icyo babarusha cyangwa badafite ngo babe ari cyo bubakiraho.

Ku rundi ruhande, Emmanuel Macron asaba inzego zose zirebwa n’ubutabera kuba maso ntizigire uwo zirenganya ahubwo zigakora k’uburyo buri Mufaransa yisanga mu byiza by’igihugu cye.

Ubufaransa ni kimwe mu bihugu bituwe n’abaturage bahatuye baturutse hirya no hino.

- Advertisement -

Barimo Abayahudi, Abarabu bo muri Algeria , Abirabura, Abisilamu n’abandi.

Ikindi ni uko kiri mu bihugu byagiye bigabwamo ibitero by’iterabwoba bikica abantu benshi bitewe n’impamvu zo kutabiyumvamo.

TAGGED:AbayahudifeaturedivanguraMacron
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Mu Bashyitsi b’Imena I Burundi
Next Article Abashoramari Bo Muri Hongrie ‘Bibwe Miliyari 1 Frw’ Basubijwe Ayagarujwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?