Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mpangayikishijwe N’Uko U Bufaransa Buri Kuba Igihugu Kirangwa N’Ivangura- Macron
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Mpangayikishijwe N’Uko U Bufaransa Buri Kuba Igihugu Kirangwa N’Ivangura- Macron

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 July 2021 11:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Emmanuel Macron avuga ko muri iki gihe mu gihugu cye hari abantu benshi barangije kumva ko batandukanye n’abandi, ko ari bo bantu nyabo. Ibi, kuri we, birahangayikishije.

Ni mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ELLE, aho yemeza ko ku giti cye yemera ko abantu muri rusange ari bamwe, ko buri wese yagira icyo yunganira mugenzi we.

Abahanga mu mibanire y’abantu bazi neza ko iyo abantu batangiye kumva ko ari bo ‘bo bonyine’ bazima, bafite ubwenge n’ububasha kurusha abandi, biba ikibazo kuko akenshi biganisha ku buhezanguni bushobora kuvamo na Jenoside.

Macron avuga ko kimwe mu bibazo byazonze Abafaransa ari ukwiyumvamo ibara ry’uruhu, aho baturutse mbere yo gutura mu Bufaransa, idini n’ibindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri we, ibi ntibyagombye kuba intandaro yo kumva ko runaka aruta undi mu Bufaransa cyangwa ngo bibe intandaro yo gusaba guhabwa uburenganzira runaka hashingiwe gusa kuri iyo ngingo.

Ati: “ Mbona ko abaturage bacu bari kuba abahezanguni umunsi ku wundi kandi ikibabaje ni uko bigarutse nyuma y’igihe runaka byaracitse.”

Macron avuga ko abantu bagombye kureba icyo basangiye n’abandi kurusha kureba icyo babarusha cyangwa badafite ngo babe ari cyo bubakiraho.

Ku rundi ruhande, Emmanuel Macron asaba inzego zose zirebwa n’ubutabera kuba maso ntizigire uwo zirenganya ahubwo zigakora k’uburyo buri Mufaransa yisanga mu byiza by’igihugu cye.

Ubufaransa ni kimwe mu bihugu bituwe n’abaturage bahatuye baturutse hirya no hino.

- Advertisement -

Barimo Abayahudi, Abarabu bo muri Algeria , Abirabura, Abisilamu n’abandi.

Ikindi ni uko kiri mu bihugu byagiye bigabwamo ibitero by’iterabwoba bikica abantu benshi bitewe n’impamvu zo kutabiyumvamo.

TAGGED:AbayahudifeaturedivanguraMacron
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Mu Bashyitsi b’Imena I Burundi
Next Article Abashoramari Bo Muri Hongrie ‘Bibwe Miliyari 1 Frw’ Basubijwe Ayagarujwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?