Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mpayimana Philippe Wiyamamarije Kuba Perezida Yahawe Akazi Muri MINUBUMWE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mpayimana Philippe Wiyamamarije Kuba Perezida Yahawe Akazi Muri MINUBUMWE

admin
Last updated: 13 November 2021 7:52 am
admin
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yashyize Mpayimana Philippe mu mwanya w’impuguke nkuru muri Miniriteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), nyuma y’igihe akorera politiki hanze y’igihugu.

Yagizwe impuguke nkuru ishinzwe kuzamura uruhare rw’abaturage (senior expert for community engagement).

Mpayimana yamenyekanye cyane ubwo mu mwaka wa 2017 yiyamamarizaga kuyobora uRwanda, mu matora yegukanywe na Paul Kagame n’amajwi 98, 79 %.

Mpayimana wari umukandida wigenga yaje ku mwanya wa kabiri n’amajwi agira 0.73%, Frank Habineza watanzwe na Green Party aza ku mwanya wa gatatu n’amajwi  yagize 0.48%.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mpayimanan w’imyaka 51, akimara kumenya ko yatsinzwe yahise atangaza ko urugendo rwo muri politiki rukomeje.

Ati “Harakurikiraho gukomeza guharanira ibyo nabonye abanyarwanda bashimye, nzakomeza gukorana nabo ntacyo nsize inyuma kuko naje niteguye gukorera igihugu kandi nabitekereje.”

Yari amaze igihe kinini abamu Bufaransa, ndetse nyuma y’amatora yasubiyeyo.

Mpayimana yavukiye mu Karere ka Nyaruguru mu 1970.

Yize amashuri yisumbuye mu rwunge rw’amashuri rwa Save, akomereza muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Nyakinama. Yanakomereje mu by’indimi muri Cameroon, aza kuba umwe mu banyamakuru batangiranye na Televiziyo Rwanda mu 1992.

- Advertisement -

Yanabaye impunzi muri Congo-Kinshasa, Congo Brazaville, Cameroun n’u Bufaransa, aza no kwandika igitabo yise “Réfugiés rwandais, entre marteau et enclume : récit du calvaire au Zaïre”.

MINUBUMWE nka minisiteri nshya iheruka gushingwa, ifite inshingano zo gutangiza, gushyiraho, kumenyekanisha, no gushyira mu bikorwa politiki, ingamba, amategeko na gahunda by’Igihugu byerekeye kubungabunga amateka y’u Rwanda; gushimangira ubumwe bw’Abanyarwanda; guteza imbere inshingano mboneragihugu; gukumira jenoside, kurwanya jenoside n’ingengabitekerezo yayo, no guhangana n’ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Inashinzwe kandi gushyiraho, kumenyekanisha, no gushyira mu bikorwa ingamba zerekeye gufasha kubana neza hagamijwe gukiza ibikomere bituruka ku kugoreka amateka y’Abanyarwanda; guteza imbere umuco w’ubumwe n’amahoro mu Banyarwanda binyuze mu burezi bwo mu mashuri no mu biganiro ku rwego rw’umuryango, urwa sosiyete sivile, urw’imiryango ishingiye ku myemerere, urw’ inzego za Leta n’urw’iz’abikorera.

Harimo no kwandika ku mateka y’u Rwanda n’inyigisho z’uburere mboneragihugu, ifatanyije n’izindi nzego; gukurikirana no gusuzuma ishyirwa mu bikorwa rya politiki, ingamba na gahunda zo kubungabunga amateka n’ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ni yo kandi ishinzwe gushyiraho ingamba zo kurinda no kubungabunga ibyagezweho birebana no guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi harimo n’ibikorwa bigamije imibereho myiza y’abatishoboye bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi; kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi n’uburere mboneragihugu.

Mu zindi nshingano harimo kubika amakuru ajyanye n’amateka y’u Rwanda muri rusange n’aya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, kubungabunga no gusigasira inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi; gukusanya no kubika ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi harimo inyandiko z’Inkiko Gacaca, inyandiko z’amateka y’u Rwanda, ubuhamya n’ibindi bimenyetso by’amateka.

Ni nayo ishinzwe gutegura no guhuza ibikorwa bijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi; no kubungabunga no gusangiza abandi uburyo bwifashishijwe n’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu gukira ibikomere no kwiyubaka.

 

TAGGED:featuredInama y'abaminisitiriMINUBUMWEMpayimana PhilippePaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abiga Ayisumbuye Bashyiriweho Uburyo Bwo Gukaza Ubumenyi Mu Ikoranabuhanga
Next Article Manda Ya MINUSCA Yongereweho Umwaka Umwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?