Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mpayimana Philippe Wiyamamarije Kuba Perezida Yahawe Akazi Muri MINUBUMWE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mpayimana Philippe Wiyamamarije Kuba Perezida Yahawe Akazi Muri MINUBUMWE

Last updated: 13 November 2021 7:52 am
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yashyize Mpayimana Philippe mu mwanya w’impuguke nkuru muri Miniriteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), nyuma y’igihe akorera politiki hanze y’igihugu.

Yagizwe impuguke nkuru ishinzwe kuzamura uruhare rw’abaturage (senior expert for community engagement).

Mpayimana yamenyekanye cyane ubwo mu mwaka wa 2017 yiyamamarizaga kuyobora uRwanda, mu matora yegukanywe na Paul Kagame n’amajwi 98, 79 %.

Mpayimana wari umukandida wigenga yaje ku mwanya wa kabiri n’amajwi agira 0.73%, Frank Habineza watanzwe na Green Party aza ku mwanya wa gatatu n’amajwi  yagize 0.48%.

Mpayimanan w’imyaka 51, akimara kumenya ko yatsinzwe yahise atangaza ko urugendo rwo muri politiki rukomeje.

Ati “Harakurikiraho gukomeza guharanira ibyo nabonye abanyarwanda bashimye, nzakomeza gukorana nabo ntacyo nsize inyuma kuko naje niteguye gukorera igihugu kandi nabitekereje.”

Yari amaze igihe kinini abamu Bufaransa, ndetse nyuma y’amatora yasubiyeyo.

Mpayimana yavukiye mu Karere ka Nyaruguru mu 1970.

Yize amashuri yisumbuye mu rwunge rw’amashuri rwa Save, akomereza muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Nyakinama. Yanakomereje mu by’indimi muri Cameroon, aza kuba umwe mu banyamakuru batangiranye na Televiziyo Rwanda mu 1992.

Yanabaye impunzi muri Congo-Kinshasa, Congo Brazaville, Cameroun n’u Bufaransa, aza no kwandika igitabo yise “Réfugiés rwandais, entre marteau et enclume : récit du calvaire au Zaïre”.

MINUBUMWE nka minisiteri nshya iheruka gushingwa, ifite inshingano zo gutangiza, gushyiraho, kumenyekanisha, no gushyira mu bikorwa politiki, ingamba, amategeko na gahunda by’Igihugu byerekeye kubungabunga amateka y’u Rwanda; gushimangira ubumwe bw’Abanyarwanda; guteza imbere inshingano mboneragihugu; gukumira jenoside, kurwanya jenoside n’ingengabitekerezo yayo, no guhangana n’ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Inashinzwe kandi gushyiraho, kumenyekanisha, no gushyira mu bikorwa ingamba zerekeye gufasha kubana neza hagamijwe gukiza ibikomere bituruka ku kugoreka amateka y’Abanyarwanda; guteza imbere umuco w’ubumwe n’amahoro mu Banyarwanda binyuze mu burezi bwo mu mashuri no mu biganiro ku rwego rw’umuryango, urwa sosiyete sivile, urw’imiryango ishingiye ku myemerere, urw’ inzego za Leta n’urw’iz’abikorera.

Harimo no kwandika ku mateka y’u Rwanda n’inyigisho z’uburere mboneragihugu, ifatanyije n’izindi nzego; gukurikirana no gusuzuma ishyirwa mu bikorwa rya politiki, ingamba na gahunda zo kubungabunga amateka n’ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ni yo kandi ishinzwe gushyiraho ingamba zo kurinda no kubungabunga ibyagezweho birebana no guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi harimo n’ibikorwa bigamije imibereho myiza y’abatishoboye bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi; kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi n’uburere mboneragihugu.

Mu zindi nshingano harimo kubika amakuru ajyanye n’amateka y’u Rwanda muri rusange n’aya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, kubungabunga no gusigasira inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi; gukusanya no kubika ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi harimo inyandiko z’Inkiko Gacaca, inyandiko z’amateka y’u Rwanda, ubuhamya n’ibindi bimenyetso by’amateka.

Ni nayo ishinzwe gutegura no guhuza ibikorwa bijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi; no kubungabunga no gusangiza abandi uburyo bwifashishijwe n’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu gukira ibikomere no kwiyubaka.

 

TAGGED:featuredInama y'abaminisitiriMINUBUMWEMpayimana PhilippePaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abiga Ayisumbuye Bashyiriweho Uburyo Bwo Gukaza Ubumenyi Mu Ikoranabuhanga
Next Article Manda Ya MINUSCA Yongereweho Umwaka Umwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?