Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mpiranyi Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Ntafatwa Kuko Ashyigikiwe Na Zimbabwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka 28

Mpiranyi Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Ntafatwa Kuko Ashyigikiwe Na Zimbabwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 April 2022 9:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo Kabuga Felisiyani yafatwaga bigatangazwa, yabaye inkuru iri mu zanditsweho cyane mu Rwanda n’ahandi haba Abanyarwanda kuko yari uwa mbere washakishwaga kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yafashwe hari hashize imyaka myinshi ashakishwa n’ubutabera mpuzamahanga ariko akishisha mu bihugu yari afitemo ibikorwa by’ubucuruzi nka Kenya, u Bubiligi ndetse no mu Bufaransa aho yafatiwe.

Ubwo Kabuga yafatwaga, hakurikiyeho kwibaza impamvu mugenzi we uri ku mwanya wa kabiri ushakishwa kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi we adafatwa.

Uwo ni Protains Mpiranyi.

Inzego zizi neza ko uyu mugabo wahoze ari umusirikare mukuru barindaga Perezida Juvénal Habyarimana aba muri Zimbabwe.

Ubu afite imyaka igera kuri 60.

Kubera uruhare rutaziguye yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Leta zunze ubumwe z’Amerika zemeye kuzaha miliyoni 5$ uwo ari we wese uzatanga amakuru azatuma Mpiranyi afatwa ariko kuva kiriya gihembo cyatangwa ntawe urahingutsa aho ari.

Hibazwa niba  Protais Mpiranyi atanga menshi bityo abo ayahaye bakamukingira ikibaba!

Ibi birashoboka kuko hari amakuru avuga ko aho aba muri Zimbabwe ya Perezida Emmerson Mnangangwa ahafite ibikorwa binjiriza Leta amafaranga menshi bityo ikamukingira ikibaba.

Abagenzacyaha b’Umuryango w’Abibumbye basabye kenshi Zimbabwe guta muri yombi  Protais Mpiranya kugira ngo agezwe mu nkiko kubera uruhare akekwa ko yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Ubu busabe n’ubu ntiburagira icyo butanga kuko nyuma y’imyaka 2  n’ubu Mpiranyi akidegembya!

Ubwo Felisiyani Kabuga yafatwaga, byavugwaga ko azafasha uburabera mpuzamahanga kumenya amakuru yafasha mu gutuma Mpiranyi afatwa.

Birashoboka ko hari amakuru abo bagenzacyaha baba bafite bakaba bari kuyakoresha mu buryo bwabo ariko nanone ubutabera butinze buba ari ubwa ntabwo!

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bakeneye ubutabera, Protais Mpiranyi agafatwa agashyikirizwa ubutabera kandi bikaba hakiri kare kugira ngo nibiba ngombwa azaburanishirizwe hamwe na Kabuga.

Serge Brammertz ukuriye ubugenzacyaha buri guhiga Mpiranya avuga ko abakozi b’Urwego ayoboye bigeze kujya muri Zimbabwe kuganira n’ubutegetsi bushya bwa  Emmerson Mnangagwa wari usimbuye umukambwe Robert Mugabe kugira ngo bamusabe imikoranire yatuma Mpiranya afatwa, ariko nta musaruro byatanze kugeza n’ubu.

Icyo gihe hari muri 2017.

Brammertz yabwiye The  Guardian ko impamvu ituma Mpiranya adafatwa, ari uko ashyigikiwe n’abasirikare bakuru muri Leta ya Mnangagwa.

Ikindi bazi ni uko uriya mugabo atembera muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, Afurika y’Epfo no muri Zimbabwe, aho bivugwa ko afite inzu abamo n’ibikorwa by’amajyambere.

Mu gihe u Rwanda na Zimbabwe biri kuzamura ubufatanye mu bw’ubukungu, byagombye kuba bumwe mu buryo bwazatuma uriya mugabo wagize uruhare muri Jenoside yahitanye Abatutsi bagera kuri miliyoni 1 afatwa agashyikirizwa ubutabera.

Ikindi ni uko mu gihe Abanyarwanda by’umwihariko n’Isi muri rusange bagiye kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 28, ni ngombwa ko abantu nka Protais Mpiranyi bafatwa, Leta zibacumbikiye zigashyirwaho igitutu kugira ngo abo bahemukiye bahabwe ubutabera.

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideKabugaMpiranyiZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nishimiye Ko Uwishe Umugabo Wanjye Yakatiwe Burundu-Umugore Wa Thomas Sankara
Next Article RIB Isaba Abanyarwanda Kuzirikana Buri Gihe Ikibahuza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

Ese Netanyahu Azasinya Inyandiko Ya Amerika Yo Kurangiza Intambara Na Hamas?

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?