Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mpiranyi Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Ntafatwa Kuko Ashyigikiwe Na Zimbabwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka 28

Mpiranyi Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Ntafatwa Kuko Ashyigikiwe Na Zimbabwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 April 2022 9:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo Kabuga Felisiyani yafatwaga bigatangazwa, yabaye inkuru iri mu zanditsweho cyane mu Rwanda n’ahandi haba Abanyarwanda kuko yari uwa mbere washakishwaga kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yafashwe hari hashize imyaka myinshi ashakishwa n’ubutabera mpuzamahanga ariko akishisha mu bihugu yari afitemo ibikorwa by’ubucuruzi nka Kenya, u Bubiligi ndetse no mu Bufaransa aho yafatiwe.

Ubwo Kabuga yafatwaga, hakurikiyeho kwibaza impamvu mugenzi we uri ku mwanya wa kabiri ushakishwa kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi we adafatwa.

Uwo ni Protains Mpiranyi.

Inzego zizi neza ko uyu mugabo wahoze ari umusirikare mukuru barindaga Perezida Juvénal Habyarimana aba muri Zimbabwe.

Ubu afite imyaka igera kuri 60.

Kubera uruhare rutaziguye yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Leta zunze ubumwe z’Amerika zemeye kuzaha miliyoni 5$ uwo ari we wese uzatanga amakuru azatuma Mpiranyi afatwa ariko kuva kiriya gihembo cyatangwa ntawe urahingutsa aho ari.

Hibazwa niba  Protais Mpiranyi atanga menshi bityo abo ayahaye bakamukingira ikibaba!

Ibi birashoboka kuko hari amakuru avuga ko aho aba muri Zimbabwe ya Perezida Emmerson Mnangangwa ahafite ibikorwa binjiriza Leta amafaranga menshi bityo ikamukingira ikibaba.

Abagenzacyaha b’Umuryango w’Abibumbye basabye kenshi Zimbabwe guta muri yombi  Protais Mpiranya kugira ngo agezwe mu nkiko kubera uruhare akekwa ko yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Ubu busabe n’ubu ntiburagira icyo butanga kuko nyuma y’imyaka 2  n’ubu Mpiranyi akidegembya!

Ubwo Felisiyani Kabuga yafatwaga, byavugwaga ko azafasha uburabera mpuzamahanga kumenya amakuru yafasha mu gutuma Mpiranyi afatwa.

Birashoboka ko hari amakuru abo bagenzacyaha baba bafite bakaba bari kuyakoresha mu buryo bwabo ariko nanone ubutabera butinze buba ari ubwa ntabwo!

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bakeneye ubutabera, Protais Mpiranyi agafatwa agashyikirizwa ubutabera kandi bikaba hakiri kare kugira ngo nibiba ngombwa azaburanishirizwe hamwe na Kabuga.

Serge Brammertz ukuriye ubugenzacyaha buri guhiga Mpiranya avuga ko abakozi b’Urwego ayoboye bigeze kujya muri Zimbabwe kuganira n’ubutegetsi bushya bwa  Emmerson Mnangagwa wari usimbuye umukambwe Robert Mugabe kugira ngo bamusabe imikoranire yatuma Mpiranya afatwa, ariko nta musaruro byatanze kugeza n’ubu.

Icyo gihe hari muri 2017.

Brammertz yabwiye The  Guardian ko impamvu ituma Mpiranya adafatwa, ari uko ashyigikiwe n’abasirikare bakuru muri Leta ya Mnangagwa.

Ikindi bazi ni uko uriya mugabo atembera muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, Afurika y’Epfo no muri Zimbabwe, aho bivugwa ko afite inzu abamo n’ibikorwa by’amajyambere.

Mu gihe u Rwanda na Zimbabwe biri kuzamura ubufatanye mu bw’ubukungu, byagombye kuba bumwe mu buryo bwazatuma uriya mugabo wagize uruhare muri Jenoside yahitanye Abatutsi bagera kuri miliyoni 1 afatwa agashyikirizwa ubutabera.

Ikindi ni uko mu gihe Abanyarwanda by’umwihariko n’Isi muri rusange bagiye kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 28, ni ngombwa ko abantu nka Protais Mpiranyi bafatwa, Leta zibacumbikiye zigashyirwaho igitutu kugira ngo abo bahemukiye bahabwe ubutabera.

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideKabugaMpiranyiZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nishimiye Ko Uwishe Umugabo Wanjye Yakatiwe Burundu-Umugore Wa Thomas Sankara
Next Article RIB Isaba Abanyarwanda Kuzirikana Buri Gihe Ikibahuza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?