Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Bantu 16 Bishwe N’Impanuka Y’Ubwato Muri Mugesera Babiri Ni Impinja
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Mu Bantu 16 Bishwe N’Impanuka Y’Ubwato Muri Mugesera Babiri Ni Impinja

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2024 9:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yabwiye Taarifa ko impanuka y’ubwato yabaye mu mpera z’Icyumweru gishize ikabera mu kiyaga cya Mugesera ku ruhande rw’ Umurenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana yahitanye abantu 16 barima impinja ebyiri.

Bose barashyinguwe kandi imyirondoro yabo yaramenyekanye kuko baturukaga mu Murenge umwe wa Karenge.

Imibiri yari yabanje kubura ariko iza kuboneka nyuma y’amasaha runaka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Uburasizuba Superintendent of Police( SP) Hamdun Twizeyimana asaba abafite Koperative zambutsa abantu inzuzi n’ibiyaga ndetse n’imigezi kujya bandika imyirondoro yabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Mu buryo bwa kinyamwuga, abafite za Koperative zitwara zikora ubwikorezi bwo mu mazi bakwiye kujya bandika imyorondoro y’abo batwaye. Byoroshya kumenya abo ari bo igihe cyose baba bahuye n’akaga nk’ako bariya b’i Karenge bahuye nako.”

Uyu mupolisi avuga kandi ko abantu bakwiye kumenya ko nta bantu bagomba kujyanirwa hamwe n’imizigo n’amatungo mu bwato.

Abishingira ku ngingo y’uko mu bwato buherutse kurohama basanze bwari bwikoreye imifuka y’ibijumba, imyumbati, amagare n’ibindi…ibi byose bikaba ari byo byatumye buremererwa cyane bituma burohama.
Abantu barenga 40 nibo bari bari muri ubu bwato kandi bwemerewe gutwara abantu 15 gusa.

Bavaga mu mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma bagiye mu Murenge wa Karengemu Karere ka Rwamagana.

Ifoto: Ikarita yerekana ikiyaga cya Mugesera.

- Advertisement -
TAGGED:AbanaAbaturagefeaturedHamdunImpanukaPolisiRwamagana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Iri Kwiga Niba Yatangiza Intambara Kuri Iran
Next Article Umubyeyi W’I Kamonyi Yapfiriye Ku Nzira Ajya Kubyara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?