Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Banyarwanda Nizera Ko Hari Abandi Bazayobora Iki Gihugu Neza Kundusha- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Mu Banyarwanda Nizera Ko Hari Abandi Bazayobora Iki Gihugu Neza Kundusha- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 July 2024 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame avuga ko abibaza uko u Rwanda ruzamera atakiruyobora babaza ikibazo atabonera igisubizo. Avuga ko ibyo Abanyarwanda bagezeho babigezeho ku bufatanye bwabo kandi ko ubwo azaba atakibayobora, bazabona undi ushobora no kuzaruyobora neza kurushaho.

Ati: “ Ubwo ntazaba mpari hari abandi bazaba bahari kandi birashoboka ko uwo bazahitamo ari we wazaba mwiza kurushaho.”

Avuga ko na mbere y’uko avuka u Rwanda rwahozeho ndetse ngo n’igihe yagarukiye avuye mu buhungiro nabwo yarusanze.

Kagame avuga ko ibyo byerekana ko u Rwanda ruzahoraho.

Avuga ko ibizaba atakiri Umukuru w’u Rwanda atabizi ariko akemeza ko ubwo atazaba ari umuyobozi w’u Rwanda hari abandi bazaba bayobora kuko n’amajyambere u Rwanda rwagezeho rwabigezeho ku bufatanye n’ubumwe

Ashima ko ibyo Abanyarwanda bageraho byose biva ku nzego bubatse ku bufatanye bwabo bose.

Ku kibazo cya M23, Kagame avuga ko u Rwanda rudafite aho ruhuriye nabyo ahubwo ko ari ikibazo cya DRC.

Yabwiye itangazamakuru ko ibya M23 ari ikibazo kireba ubuzima bw’abaturage ba DRC bitwa Abatutsi bakandamizwa n’ubutegetsi bwabo.

Ati: “ Ndetse n’abayobozi b’iki gihugu bemera ko abo ari abaturage babo. Kuki igihugu cyabo kitabaha uburenganzira nk’ubuhabwa abandi baturage. Nonese ibyo u Rwanda rubizamo gute?”

Kagame avuga ko igitangaje ari uko ku rundi ruhande hari abitwa FDLR bari muri DRC bagize uruhare mu kwica Abatutsi mu Rwanda cyangwa abakomokaho bahuje ingengabitekero ya Jenoside ariko bo batajya bavugwa nk’ikibazo.

Yunzemo ko ikindi abantu badatindaho kandi gifite uburemere ari uko Guverinoma ya DRC ifasha abo bantu ba FDLR ngo bakomeze bakorere nabi u Rwanda n’abandi baturage ba DRC bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Kagame yongeye kubaza abantu impamvu ahubwo atari bo bafasha M23 kandi iri mu bibazo.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedItangazamakuruKagameM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Agiye Guha Itangazamakuru Ikiganiro
Next Article Nouvelle Zélande: Umunyarwandakazi Yabaye Uwa Mbere Mu Batorera Muri Diaspora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?