Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Banyarwanda Nizera Ko Hari Abandi Bazayobora Iki Gihugu Neza Kundusha- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Mu Banyarwanda Nizera Ko Hari Abandi Bazayobora Iki Gihugu Neza Kundusha- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 July 2024 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame avuga ko abibaza uko u Rwanda ruzamera atakiruyobora babaza ikibazo atabonera igisubizo. Avuga ko ibyo Abanyarwanda bagezeho babigezeho ku bufatanye bwabo kandi ko ubwo azaba atakibayobora, bazabona undi ushobora no kuzaruyobora neza kurushaho.

Ati: “ Ubwo ntazaba mpari hari abandi bazaba bahari kandi birashoboka ko uwo bazahitamo ari we wazaba mwiza kurushaho.”

Avuga ko na mbere y’uko avuka u Rwanda rwahozeho ndetse ngo n’igihe yagarukiye avuye mu buhungiro nabwo yarusanze.

Kagame avuga ko ibyo byerekana ko u Rwanda ruzahoraho.

Avuga ko ibizaba atakiri Umukuru w’u Rwanda atabizi ariko akemeza ko ubwo atazaba ari umuyobozi w’u Rwanda hari abandi bazaba bayobora kuko n’amajyambere u Rwanda rwagezeho rwabigezeho ku bufatanye n’ubumwe

Ashima ko ibyo Abanyarwanda bageraho byose biva ku nzego bubatse ku bufatanye bwabo bose.

Ku kibazo cya M23, Kagame avuga ko u Rwanda rudafite aho ruhuriye nabyo ahubwo ko ari ikibazo cya DRC.

Yabwiye itangazamakuru ko ibya M23 ari ikibazo kireba ubuzima bw’abaturage ba DRC bitwa Abatutsi bakandamizwa n’ubutegetsi bwabo.

Ati: “ Ndetse n’abayobozi b’iki gihugu bemera ko abo ari abaturage babo. Kuki igihugu cyabo kitabaha uburenganzira nk’ubuhabwa abandi baturage. Nonese ibyo u Rwanda rubizamo gute?”

Kagame avuga ko igitangaje ari uko ku rundi ruhande hari abitwa FDLR bari muri DRC bagize uruhare mu kwica Abatutsi mu Rwanda cyangwa abakomokaho bahuje ingengabitekero ya Jenoside ariko bo batajya bavugwa nk’ikibazo.

Yunzemo ko ikindi abantu badatindaho kandi gifite uburemere ari uko Guverinoma ya DRC ifasha abo bantu ba FDLR ngo bakomeze bakorere nabi u Rwanda n’abandi baturage ba DRC bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Kagame yongeye kubaza abantu impamvu ahubwo atari bo bafasha M23 kandi iri mu bibazo.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedItangazamakuruKagameM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Agiye Guha Itangazamakuru Ikiganiro
Next Article Nouvelle Zélande: Umunyarwandakazi Yabaye Uwa Mbere Mu Batorera Muri Diaspora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?