Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Bigo By’Amashuri Muri Kigali Hagiye Guterwa Ibiti Byinshi By’Imbuto
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Bigo By’Amashuri Muri Kigali Hagiye Guterwa Ibiti Byinshi By’Imbuto

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2022 7:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022/2023 ibigo by’amashuri byo muri uyu mujyi bizafashwa gutera ibiti 285,805 byiganjemo iby’imbuto.

Ni icyiciro cya mbere cy’ibiti byose hamwe 400,000 bizaterwa mu mashuri agize uyu mujyi mu gihe kiri imbere.

Igiti kitwa Acacia kigira indabo nziza kandi kigatanga igicucu cyo kugamamo izuba

Si ibiti byera imbuto gusa bizahaterwa, ahubwo hari iby’umurimbo birabya indabo zisa kandi zihumura neza.

Gutera ibiti byera imbuto bizafasha kandi no mu gutuma abanyeshuri babona imbuto zo kurya ziherekeza amafunguro yabo ya buri munsi.

Meya w’Umujyi wa Kigali Bwana Pudence Rubingisa niwe watangirije iyi gahunda mu Karere ka Gasabo mu gikorwa cyabaye Taliki 21, Ugushyingo, 2022.

Ibiti by’umurimbo 66,469 nibyo bizaterwa muri biriya bigo n’aho ibindi biti bisanzwe ari iby’ishyamba bigera ku 47,705  nabyo bizahaterwa.

Rubingisa yabwiye The New Times ati: “ Turashaka gutera ibi biti mu butaka buberanye nabyo kandi dushaka ko bizongerera agaciro amafunguro abanyeshuri bafatira ku ishuri. Buri rwego mu Mujyi wa Kigali rugomba gukorana n’urundi kugira ngo ibi biti bizere neza.”

Pudence Rubingisa, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali

Ubwoko bw’ibiti buteganywa kuzaterwa ni avoka, imyembe, amaronji  n’indimu.

Umujyi wa Kigali kandi uteganya kuzatera ibindi biti nk’ibi mu busitani bw’insengero ndetse no mu midugudu y’icyitegererezo.

Leta y’u Rwanda ifite gahunda yo gutera ibiti birenga Miliyoni 36.

Muri byo, ibigera kuri 26,227,930 ni iby’ishyamba,  ibindi biti 7,609,374 nabyo ni ubwoko bw’ibiti by’ishyamba ariko byihariye, ibindi biti  1,601,931 ni ibyera imbuto ziribwa n’abantu, n’aho imigano yo izaterwa izaba ingana na 1,014,400.

TAGGED:AmashurifeaturedIbitiKigaliRubingisa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Umunyamakuru Unenga Ubutegetsi Aravugwaho ‘Kuba Mu Mazi Abira’
Next Article Ivuguruye: Umutingito Muri Indonesia Umaze Guhitana Abantu252
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?