Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Burasirazuba Bwa DRC Umutekano Wifashe Ute?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Mu Burasirazuba Bwa DRC Umutekano Wifashe Ute?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 April 2021 9:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko Intambara yongeye kwaduka mu gace ka Masisi na Rutshuru mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, inyeshyamba zikaba zari zimaze iminsi zarigaruriye ibice byinshi by’aho, kuri uyu wa Kabiri hari henshi ngabo zigaruriye.

Inyeshyamba zivugwa muri ibi bitero ni iza FDLR  na APCLS-Nyatura.

Ibice zari zarigaruriye ni utwa muri Teritwari ya Masisi.

Utwo duce ni  Nyakariba, Mpati, Busihe n’ahandi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ingabo za Repubulika iharanira demokarasi ya Congo kuri uyu 12, Mata, 2021 zigaruriye ibice byose byari bisanzwe biri mu maboko y’inyeshyamba.

Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wazo wa Sokola1 ikorera muri Kivu y’amajyaruguru Major Ndjike Kaiko.

Amakuru aturuka mu bice bimazemo iminsi imirwano avuga ko kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki tariki 13.Mata.2021 abaturage bahunze bamwe basubiye mu ngo zabo.

Hari abatarasubira mu ngo zabo kuko bacyumva amasasu mu duce dutandukanye dukikije aho batuye.

Hari umuturage wagize  ati: “ Twe kugeza magingo aya turi mu ngo zacu ariko hari ibice byari byigaruriwe n’inyeshyamba hacyumvikana amasasu urumva ko abahatuye  bakiri mu buhungiro.”

- Advertisement -

Major Ndjike ati: “ Dukurikije ubwinshi bw’abasirikari bari kurwana n’izi nyeshyamba ejo cyangwa ejo bundi abaturage bose bazaba basubiye mu ngo zabo.”

Umuturage utarashatse ko amazina ye atangazwa utuye i Muheto muri Masisi ahari hirigaruriwe n’inyeshyamba  yabwiye Taarifa ko izi nyeshyamba zaje zifite ingufu nyinshi.

Ati:  “Inyeshyamba zaje zifite ingufu nyinshi ingabo za leta zibabonye zirahunga natwe tubonye abasirikari bahunze tuva mu ngo zacu.  Icyakora kuwa Gatanu w’Icyumweru gishize haje abasirikari benshi cyane barwana nabo barabatsimbura dusubira mu ngo zacu uretse ko hari ibice bakirwana.”

Aba barwanyi baje bavuga abihishe inyuma y’ibitero byabo…

Abaturage batuye mu duce twari twigaruriwe n’inyeshyamba zishyize hamwe za APCLS-Nyatura na FDLR bavuga ko zaje zivuga  ziri kurwanirira uwahoze ari umuyobozi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Joseph Kabila.

Ni mu gihe amakuru aturuka muri RDC avuga ko nyuma y’ubwumvikane buke bwa Joseph Kabila na Perezida Tshisekedi,  hari bamwe mu banyapolitiki b’inshuti za Kabila bakomoka muri Kivu y’Amajyaruguru batangiye gushishikariza imitwe y’inyeshyamba no kuyiha ubushobozi ngo bakomeze bateze umutekano muke.

Bivugwa ko Kabila ashaka ko hari Intara eshatu za DRC zigenga.

Izo ni Kivu y’Amajyaruguru , Kivu y’Amajyepfo na Maniema.

Ibibitero biri kuba mu gihe kuwa 30, Werurwe, 2021 Leta ya Congo yasabye ubufatanye bw’ibihugu bituranyi bwo kurandura imitwe y’inyeshyamba zihungabanya umutekano muri RD Congo.

Mu mwaka wa mu 2009 habaye Operasiyo ‘Umoja Wetu’yahuje ingabo za DRC n’iz’u Rwanda yari igamije guhashya izi nyeshyamba yamaze iminsi 35.

TAGGED:DRCfeaturedInyeshyambaKabilaUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Guhabwa Izindi Nkingo Zisaga Ibihumbi 100 Za Pfizer
Next Article Ibiciro Ku Isoko Byiyongereyeho 2% Muri Werurwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?