Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Burundi Hadutse ‘Indwara Idasanzwe’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mu Burundi Hadutse ‘Indwara Idasanzwe’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 March 2021 9:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Indwara ifata umuntu ikamutera ibisebe yadutse mu Ntara eshanu mu Ntara 18 z’u Burundi. Abaganga bo mu Muryango w’Abaganga batagira umupaka baherutse kohereza i Burayi ibipimo ndeberwaho( échantillions, samples) kugira ngo hamenyekana iriya ndwara.

Umuntu wafashwe nayo agira ibibyimba nyuma bikavamo ibisebe. Yagaragaye mu Ntara za Muyinga, Muramvya, Gitega, Makamba na Kirundo.

Hari raporo y’abakora mu nzego z’ubuzima mu Burundi iherutse gutangaza ko hari abaturage 20 000 biganjemo abana bamaze kurwara iriya ndwara.

RPA (Radio Publique Africaine) yemeza ko Intara ya Muyinga ari yo  yabaruwe mo abarwayi benshi.

Abaganga batagira umupaka(Médecins Sans Frontières) bakomoka mu Bubiligi nibo bamaze iminsi bavura abaturae bagera ku  6.836.

 Abavuwe benshi ni abo mu duce twa Butihinda na Giteranyi mu Ntara ya Muyinga.

Mu kuyivura bisaba ko abaganga boza igisebe n’umuti wabigenewe, bakagipfuka nyuma bagaha umurwayi ibinini bituma igisebe kitazamo amashyira.

Abibasiwe mu barwayi ni abana bafite munsi y’imyaka 16 y’amavuko.

Minisiteri y’ubuzima no kurwanya SIDA mu Burundi isaba abafatanyabikorwa bayo kuyitera ingabo mu bitugu mu guhangana n’iriya ndwara ibabaza umubiri.

Imwe mu Ntara eshanu z’u Burundi zirimo iriya ndwara ni Kirundo, iyi ikaba ikora ku Karere ka Gisagara mu  Majyepfo y’u Rwanda.

TAGGED:featuredIbisebeSIDA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda Yahagaritse Umutoza Johnny McKinstry
Next Article Inkingo Ibihumbi 240 Za COVID-19 Zageze Mu Rwanda, Izindi Ziri Mu Nzira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Bafungiwe Kwangiza Amashanyarazi

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

DRC: Ingabo Z’Uburundi Zirashinjwa Kwicisha Abanyamulenge Inzara

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ikoranabuhanga

Ubushinwa Bwatangiye Gukoresha Robo Zikora Gipolisi Mu Muhanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Abasirikare Ba Uganda Bicanye Bapfa Umugore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?