Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Burundi ibintu biri gusubira mu buryo:Ambasaderi wa EU
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mu Burundi ibintu biri gusubira mu buryo:Ambasaderi wa EU

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2020 10:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bwana Claude Bochu ahagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi i Bujumbura. Avuga ko kuva Perezida Evariste Ndayishimiye yajya ku butegetsi, umutekano wabaye mwiza kurusha mbere. Ku rundi ruhande avuga ko ubukungu bugomba kubakwa gahoro gahoro.

Ari kumwe na bagenzi be bahagaririye u Bufaransa, u Budage n’u Bubiligi, baherutse kwakirwa na Perezida Ndayishimiye mu biro bye.

Avuga ko baganiriye ku ngingo zitandukanye zibanze ku iterambere ry’ubukungu no mu zindi nzego zireba ubuzima bw’igihugu.

Ambasaderi Bochu yabwiye The East African ko n’ubwo EU imaze igihe yarafunze inkunga yateraga u Burundi, ariko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi usanzwe ari we muterankunga wa mbere wabwo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imikoranire y’u Burundi n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wajemo igitotsi muri 2015 ubwo wamaganaga amatora y’Umukuru w’Igihugu yatsinzwe na Pierre Nkurunziza.

Nkurunziza aherutse gupfa, abo mu muryango we bakavuga ko yazize uburwayi.

Ambasaderi Claude Bochu avuga ko muri iyi minsi inkunga ya EU igera ku Burundi binyuze mu miryango y’iterambere yo mu bihugu bigize uriya muryango.

Claude Bochu avuga ko muri iki gihe u Burundi butagiteje ikibazo ku mutekano mu Karere buherereyemo ariko akavuga ko EU isaba u Burundi gushyira mu bikorwa imyanzuro buhabwa igamije kunoza imiyoborere n’ubutegetsi bugendera ku mategeko.

Abajijwe uko abona uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa mu Burundi, Bochu yavuze ko hakiri byinshi byo kunoza ariko agashima ko hari intambwe yatewe irimo no gushyiraho inzego zo guharanira ko bwubahirizwa.

- Advertisement -

Ati: “ N’ikimenyimenyi ni uko Umuyobozi wa Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu mu Burundi aherutse kwakirwa na Perezida Ndayishimiye ubwe. Iyi ni intambwe nziza.”

Ambasaderi Claude Bochu asaba u Burundi gukomereza mu nzira burimo ariko akabwibutsa ko kugira ngo bugere ku iterambere rihamye bisaba ko byemerera abikorera kubushoramo imari.

Claude Bochu ni Umufaransa wakoze mu bubanyi n’amahanga bw’igihugu cye n’ibindi bihugu harimo ba Congo-Brazzaville aho yari Ambasaderi.

Yakoze kandi mu biro bya Afurika yunze ubumwe ashinzwe umubano w’Ubumwe bw’u Burayi n’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe.

Ni Ambasaderi wa EU mu Burundi guhera mu Ukuboza, 2019.

TAGGED:AmbasaderiBochuBujumburaBurundiu Bufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuki Huawei y’Abashinwa ikomeje gushinjwa gutata abayobozi b’Afurika?
Next Article Gicumbi: Yitwikiriye ijoro ajya kwiyahuza umuti w’imbeba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: 13 Baguye Mu Mpanuka Bavuye Mu Bukwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Hari Kwigwa Uko Ibiganiro Bya EAC Byahuzwa N’Ibya SADC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?