Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Byumweru Bike Biri Imbere Abimukira Bazoherezwa Mu Rwanda- Priti Patel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mu Byumweru Bike Biri Imbere Abimukira Bazoherezwa Mu Rwanda- Priti Patel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 June 2022 3:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yagejeje ku bagize Inteko ishinga amategeko y’u Bwongereza, Priti Patel ushinzwe ibibera imbere mu Bwongereza yavuze ko n’ubwo Urukiko rw’u Burayi rwita ku burenganzira bwa muntu bwitambitse ibyo kohereza abimukira mu Rwanda, ariko ngo mu byumweru bike biri imbere bazajyayo.

Priti Patel wumvikanaga nk’uwarakajwe n’ibyabaye, yavuze ko abitambika uriya mugambi, ari abantu batiyumvisha ko ari umugambi ugamije ibyiza.

Patel ati: “ Iyi Guverinoma ntizatezuka ku mugambi yafashe kandi mwiza wo kohereza bariya bimukira mu Rwanda kugira ngo abe ari ho baba batujwe mu gihe ubusabe bwabo bwo kuba mu Bwongereza buzaba bugisuzumwa.”

Avuga ko abibwira ko iby’Urukiko rw’u Burayi rushinzwe uburenganzira bwa muntu rwakoze bizaca intege u Bwongereza n’u Rwanda bibeshya.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hagati aho kandi  hari Abadepite batangaje ko byaba byiza u Bwongereza busezeye mu bihugu binyamuryango byasinye amasezerano ashyiraho ruriya rukiko.

Guverinoma y’u Bwongereza yavuze ko icyo bizasaba cyose izagikora kugira ngo ibikubiye mu masezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda ashyirwe mu bikorwa.

Mu gihe Priti Patel yari arimo asobanurira Abadepite iby’icyemezo cy’Urukiko rw’u Burayi rushinzwe uburenganzira bwa muntu, Umuvugizi wa Minisitiri w’Intebe nawe yahaga abanyamakuru ikiganiro kuri iyo ngingo.

Sky News yanditse ko Max Blain yabwiye abanyamakuru ko u Bwongereza bwiyemeje kuzashyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano yabwo n’u Rwanda ‘uko bizagenda kose.’

Umuuvugizi w’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe Max Blain ari kumwe na Minisitiri w’Intebe Borris Johnston

Ni ikiganiro cyabereye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe biri ahitwa Westminster.

- Advertisement -

Ibiro  bya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza bivuga ko kiriya gihugu kiri gusuzumira hamwe icyo cyazasubiza ku byanzuwe n’Urukiko rw’u Burayi rushinzwe uburenganzira bwa muntu, gusa ngo ibisubizo byose biracyaganirwaho ku meza.

Blain yabajijwe niba u Bwongereza butaganya kuzava mu bihugu byemera ruriya rukiko, asubiza ko kugeza ubu ibintu byose bikiri ku meza ngo biganirwe, ariko ko nibiba ngombwa hari ‘ibyemezo birebana n’amategeko bizavugururwa.’

U Bwongereza Burashaka Kuva Mu Rukiko Rw’u Burayi Rw’Uburenganzira Bwa Muntu

TAGGED:AbimukiraBwongerezafeaturedPatelPritiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imyitozo Ingabo Z’u Rwanda Na Polisi Zarimo Muri Uganda Yarangiye
Next Article Amaduka Y’Abanyarwanda Bacururiza I Goma Yasahuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?