Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Byumweru Bike Biri Imbere Abimukira Bazoherezwa Mu Rwanda- Priti Patel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mu Byumweru Bike Biri Imbere Abimukira Bazoherezwa Mu Rwanda- Priti Patel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 June 2022 3:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yagejeje ku bagize Inteko ishinga amategeko y’u Bwongereza, Priti Patel ushinzwe ibibera imbere mu Bwongereza yavuze ko n’ubwo Urukiko rw’u Burayi rwita ku burenganzira bwa muntu bwitambitse ibyo kohereza abimukira mu Rwanda, ariko ngo mu byumweru bike biri imbere bazajyayo.

Priti Patel wumvikanaga nk’uwarakajwe n’ibyabaye, yavuze ko abitambika uriya mugambi, ari abantu batiyumvisha ko ari umugambi ugamije ibyiza.

Patel ati: “ Iyi Guverinoma ntizatezuka ku mugambi yafashe kandi mwiza wo kohereza bariya bimukira mu Rwanda kugira ngo abe ari ho baba batujwe mu gihe ubusabe bwabo bwo kuba mu Bwongereza buzaba bugisuzumwa.”

Avuga ko abibwira ko iby’Urukiko rw’u Burayi rushinzwe uburenganzira bwa muntu rwakoze bizaca intege u Bwongereza n’u Rwanda bibeshya.

Hagati aho kandi  hari Abadepite batangaje ko byaba byiza u Bwongereza busezeye mu bihugu binyamuryango byasinye amasezerano ashyiraho ruriya rukiko.

Guverinoma y’u Bwongereza yavuze ko icyo bizasaba cyose izagikora kugira ngo ibikubiye mu masezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda ashyirwe mu bikorwa.

Mu gihe Priti Patel yari arimo asobanurira Abadepite iby’icyemezo cy’Urukiko rw’u Burayi rushinzwe uburenganzira bwa muntu, Umuvugizi wa Minisitiri w’Intebe nawe yahaga abanyamakuru ikiganiro kuri iyo ngingo.

Sky News yanditse ko Max Blain yabwiye abanyamakuru ko u Bwongereza bwiyemeje kuzashyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano yabwo n’u Rwanda ‘uko bizagenda kose.’

Umuuvugizi w’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe Max Blain ari kumwe na Minisitiri w’Intebe Borris Johnston

Ni ikiganiro cyabereye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe biri ahitwa Westminster.

Ibiro  bya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza bivuga ko kiriya gihugu kiri gusuzumira hamwe icyo cyazasubiza ku byanzuwe n’Urukiko rw’u Burayi rushinzwe uburenganzira bwa muntu, gusa ngo ibisubizo byose biracyaganirwaho ku meza.

Blain yabajijwe niba u Bwongereza butaganya kuzava mu bihugu byemera ruriya rukiko, asubiza ko kugeza ubu ibintu byose bikiri ku meza ngo biganirwe, ariko ko nibiba ngombwa hari ‘ibyemezo birebana n’amategeko bizavugururwa.’

U Bwongereza Burashaka Kuva Mu Rukiko Rw’u Burayi Rw’Uburenganzira Bwa Muntu

TAGGED:AbimukiraBwongerezafeaturedPatelPritiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imyitozo Ingabo Z’u Rwanda Na Polisi Zarimo Muri Uganda Yarangiye
Next Article Amaduka Y’Abanyarwanda Bacururiza I Goma Yasahuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?