Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Gihe Gito Abanyarwanda Bazaba Barumvise Akamaro Ka Cashless- Min Ingabire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mu Gihe Gito Abanyarwanda Bazaba Barumvise Akamaro Ka Cashless- Min Ingabire

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 August 2022 10:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo Madamu Ingabire Paula aherutse gutangaza ko Leta y’u Rwanda ifite gahunda y’uko mu myaka ibiri iri imbere, abaturage bose bazaba baramaze kumvishwa akamaro ko kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga, cashless.

Yabivugiye mu Karere ka Huye mu Murenge wa Kinazi ubwo we na mugenzi we ushinzwe ubutegetsi bw’igihugu batangizaga ubukangurambaga bwiswe ‘Twagiye Kashilesi’.

Ni ubukangurambaga bugamije kumvisha abaturage ko kwishyurana  hakoreshejwe ikoranabuhanga ari bwo buryo bwiza bwo kutibwa cyangwa ngo umuntu atakaze amafaranga.

Ikindi ni uko ari uburyo butuma n’igihugu kidacapisha inoti ngo bigihende ahubwo amafaranga agakomeza guhererekanywa mu buryo bw’ikoranabuhanga kandi bwungura igihugu.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo yabwiye abatuye Huye ko ari ngombwa ko abantu bibukiranya akamaro k’ikoranabuhanga mu guhererekanya amafaranga kandi ngo intego ya Leta n’uko bitarenze imyaka ibiri muri rusange Abanyarwanda bose bazaba barabisobanuriwe.

Ati: “Imyaka ibiri izarangire twese dukoresha ikoranabuhanga mu guhererekanya amafaranga kuko birinda umutekano w’amafaranga yawe kandi ni inshingano zawe kumenya kuyacungira umutekano yaba ari  abitswe mu buryo busanzwe cyangwa bw’ikoranabuhanga.”

Ingabire yabwiye abatuye Huye ko ikoranabuhanga rizanabafasha mu bikorwa byabo by’ubuhinzi n’ubworozi, umuhinzi akamenya aho akura imbuto nziza ndetse n’ahari isoko ry’umusaruro we.

Abenshi inaha bakora ubuhinzi n’ubworozi kandi mumaze kubona ko nabyo byashyizwemo ikoranabuhanga.

Kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga ni uburyo bugezweho henshi ku isi.

Indi nkuru wasoma ku byerekeye ikoranabuhanga mu rwego rw’imari:

Ikoranabuhanga Muri Serivisi Z’Imari Rirakataje- Ikiganiro Na BNR

TAGGED:featuredHuyeIkoranabuhangaIngabireMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M 23 Yashyizeho Inzego Z’Ubuyobozi Bwa Politiki Mu Bice Yafashe
Next Article Umujyi Wa Kigali: Amahame Y’Umuryango FPR-Inkotanyi Agiye Kwegerezwa Umuturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?