Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Gihe Kitageze Ku Minsi Itatu Abantu Icyenda Bamaze Kurohama Mu Kivu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Gihe Kitageze Ku Minsi Itatu Abantu Icyenda Bamaze Kurohama Mu Kivu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2021 1:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda imaze iminsi itabazwa ngo irokore abantu barohamye mu kiyaga cya Kivu barimo n’umusaza kugeza ubu utabonerwa irengero. Impanuka ya mbere yabaye kuwa Gatandatu tariki 17, Nyakanga, 2021 ubwo umusaza n’umuhungu we barohamaga, indi yaraye ibaye mu ijoro ryacyeye tariki 18, Nyakanga, 2021.

Impanuka yabaye ku wa Gatandatu yatewe n’uko ubwato bwari buremerewe cyane kubera ibikoresho by’ubwubatsi bwari bwikoreye.

Umuhungu waburokotse avuga ko yarokowe n’uko yari azi koga, ariko hiyongeraho n’uko hari abamubonye arimo  azamura amaboko atangiye kunanirwa bakamutabara.

Se umubyara bari kumwe muri buriya bwato we kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru yari ataraboneka ari muzima cyangwa yapfuye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu ijoro ryo kuri uyu mbere  Tariki ya 19 Nyakanga, 2021 nibwo indi mpamuka yabaye  ahagana saa saba hanyuma abapolisi bo mu Ishami rya Polisi y’u Rwanda bashinzwe umutekano wo mu mazi baratabara barohora abantu barindwi.

Abarohamye bari bavuye mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro bagiye mu Karere ka Rubavu kurema isoko rya Nyamyumba.

Nzabahimana Elia w’imyaka 33 niwe wari utwaye buriya bwato yavuze ko bahagurutse ku cyambu kiri mu Murenge wa Boneza ku isaha ya saa yine n’iminota 15 za nijoro bajyanye ibicuruzwa by’ibiribwa mu Karere ka Rubavu mu isoko rya Nyamyumba.

Baje kurohama bageze rwagati mu kiyaga cya Kivu bamaze amasaha atatu bagenda.

AtiL: “Twageze mu mazi hagati haza umuyaga mwinshi uzamura amazi menshi yuzura mu bwato buribirindura. Moteri yahise izima, ariko nagerageje kuramira telefoni mpamagara inshuti yanjye impamagarira Polisi. Ntabwo byatwaye iminota 10 Polisi yahise ihagera iradutabara, nta muntu wagize icyo aba kuko bose bari bambaye amakote ababuza kurohama(life Jacket).”

- Advertisement -

Yashimiye Polisi y’u Rwanda guhita ibatabara kuko iyo itinda ibibazo byari kuvuka

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye yashimiye uwari utwaye ubwato wahise atabaza Polisi hakiri kare.

ACP Elias Mwesigye ushinzwe umutekano mu mazi y’u Rwanda

Yongeye kwibutsa abakora ingendo banyuze mu kiyaga cya Kivu ko bagomba kwitonda muri iki gihe cy’impeshyi kuko harimo umuhengeri mwinshi kubera umuyaga.

Ati: “Muri ibi bihe turimo by’izuba ryinshi (Icyi) mu kiyaga cya Kivu harimo umuyaga mwinshi bigatuma hahora umuhengeri amasaha yose. Abaturage rero usanga bakoresha amato ya gakondo akoze mu biti adafite imbaraga zo guhangana n’uwo muhengeri ari nabyo byabaye kuri bariya baturage.”

ACP Mwesigye yakanguriye abatwara ubwato ndetse n’abagenzi kujya bambara amakoti yabugenewe atuma batarohama.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi yibukije abantu kujya batunga nimero za telefoni za Polisi bakwifashisha igihe bahuye n’ikibazo bari mu mazi. Izo nimero ni: 110, 0788311545 cyangwa bakaba bahamagara 112.

Abakoze impanuka Polisi yahise ibatwara ibageza ku nkombe ahitwa i Kigufi mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyamyumba.

Bose nta n’umwe wagize icyo aba cyatuma ajya kwa muganga.

TAGGED:featuredKivuMwesigyeRubavuRutsiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yarokoye Abantu Barindwi Barohomye Mu Kiyaga Cya Kivu
Next Article Abanyarwanda Barasabwa Gukorera Mu Rugo Ariko ‘Murandasi Ntihagije’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?