Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Imurika Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi Haramurikwa Ingurube Ifite Ibilo300
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Mu Imurika Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi Haramurikwa Ingurube Ifite Ibilo300

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2024 3:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku Murindi mu Karere ka Gasabo hari kubera imurikabikorwa ry’aborozi n’abahinzi kugira ngo berekane aho ikoranabuhanga muri iri nzego z’ubukungu rigeze.

Ubworozi ni umwitero, ubuhinzi bukaba umukenyero, byose hamwe bikagira uruhare mu kwihaza mu biribwa no gusagurira amasoko.

Uru rwego rufasha kandi mu gutuma abaturage babaho neza, igwingira rikagabanuka kandi icyizere cyo kubaho kwa bantu kiyongera.

Kugira ngo abahinzi beze neza bisaba ko bagira imbuto nziza irobanuye, bikaba bityo no ku burozi iyo bafite intanga nziza n’amatungo arya neza.

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi binyuze mu kigo RAB iherutse gutangaza ko umusaruro w’ubuhinzi wazamutse mu gihembwe cy’ihinga giheruka biturutse ku ifumbire mvaruganda no gukoresha imbuto y’indobanure ku bihingwa byarobanuwe.

Imbuto y’ibigori, soya n’ingano biri mu byashyiriweho nkunganire kugira ngo abahinzi bazamure umusaruro.

Ku byerekeye ubworozi, nabwo burazamuka binyuze mu gutera intanga amatungo cyane cyane ingurube.

Ingurube ni itungo Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko rizaba igisubizo cyo kwihaza mu biribwa bikize ku ntungamubiri mu myaka myinshi iri imbere.

Ingurube n’inkoko niyo matungo magufi azashyirwamo imbaraga ngo yunganire ibindi bihingwa bitanga intungamubiri.

Inka zo zahariwe gutanga amata.

Mu imurika ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi ribera ku Murindi wa Kanombe hamurikirwa byinshi birimo ibitoki, ibijumba, ikoranabuhanga mu guhinga no guhunika umusaruro ndetse no kuwongerera agaciro.

Iri murikagurisha ribaye ku nshuro ya 17 rikagira insanganyamatsiko igira iti: ‘ubuhinzi budahungabanywa n’ibihe, umutekano w’ibiribwa mu buryo burambye’.

Ku byerekeye ubworozi bw’ingurube, aborora aya matungo bavuga ko muri iki gihe hari kumurikwa ikoranabuhanga mu gutera intanga no kubyibushya aya matungo.

Aborozi bari no kwerekwa uko intanga ziterwa ingurube kugira ngo zifate bitagoranye.

Abo mu kigo kimurika ibyakozwe ngo ingurube zibeho neza kitwa Vision Agribusiness Farm Ltd bavuga ko zimwe mu ngurube bamurika zifite ibilo 300 kandi bikaba byakwiyongera kuko zikiri nto.

Aho abo muri iki kigo bamurikira ibyo bakora

Shirimpumu uyobora iki kigo avuga ko iyo abantu bigiye ku bandi, hari ibyo babungukiraho kandi bigirira akamaro impande zombi.

Si ingurube gusa zimurikwa n’abo muri iki kigo kuko bamuritse n’amafarasi n’inka.

Ifarasi ni itungo rigira imbaraga nyinshi ariko abantu benshi bataramenya ibyaryo

Ifarasi ni itungo rigira imbaraga nyinshi kandi rikenera ibiribwa bimeze neza.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi Rwigamba niwe wafunguye iri murika bikorwa ryatangiye kuri uyu wa Kane taliki 01, Kanama, 2024.

Yashishikarije abahinzi n’aborozi kwitabira gusura iryo murikabikorwa rya 17  bakiga ubumenyi n’ikoranabuhanga bizafasha kongera umusaruro, no kuwufata neza, bigateza imbere ubikora.

Hari kandi na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss.

u Rwanda ruvuga ko abaturage barwo bihagije mu biribwa ku kigero kigera kuri 70%

Iki gihugu kiri mu biteza imbere ubuhinzi bw’u Rwanda cyane cyane ubw’imbuto n’imboga.

Ambasaderi wa Israel Einat Weiss yari ari mu baje gufungura iri murikabikorwa
TAGGED:AmatungoImbogaIngurubeShirimpumuUbuhinziUbworozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bwongereza: Umwana W’Umunyarwanda Uvugwaho Kwica Bagenzi Be Arwaye Autism
Next Article Bakurikiranyweho Gukura Utugabanyamuvuduko Mu Modoka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?