Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Kwizihiza Isabukuru Y’Imyaka 30, CANAL+ Yadabagije Abakiliya Bayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mu Kwizihiza Isabukuru Y’Imyaka 30, CANAL+ Yadabagije Abakiliya Bayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 June 2022 11:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sosiyete icuruza amashusho, CANAL+  iri kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 imaze iha serivisi abatuye  Africa. Mu kwishimira iyi sabukuru yadabagije abakiliya bayo ndetse yorohereza buri Munyarwanda wese wifuza kuba umukiliya wayo.

CANAL+ yatangiye gukorera muri Afurika mu mwaka wa  1992. Icyo gihe yatangiye ikorera Senegal. Yari  ifite shene imwe gusa.

Mu 1998, CANAL+ yongereye umubare w’amashene yatangaga muri Afurika, ava kuri imwe agera kuri 20.

Nyuma y’aho gato ni ukuvuga mu mwaka wa 2012 nabwo umubare wavuye kuri 20 ukagera ku mashene 100.

Magingo aya, CANAL+ yongereye amashene yayo kuko arenga 200 ari mu ngeri zitandukanye harimo imyidagaduro, siporo, cinema, ibyegeranyo, amakuru asanzwe n’andi menshi atandukanye.

Mu rwego rwo kwizihiza iyi sabukuru y’imyaka 30, ubu abakiliya basanzwe batunze dekoderi ya CANAL+ bashyizwe igorora kuko iyo umukiliya aguze ifatabuguzi nkiryo aheruka kugura ahita ako kanya ahabwa iminsi 30 y’ubuntu yo kureba amashene yo ku ifatabuguzi ryisumbuye kuryo yaguze.

Ahita yinjira  no muri Tombola ishobora kuzamuhesha amahirwe yo gutsindira ifatabuguzi ry’UBUNTU ry’amezi 30.

Si ibyo gusa kuko Umunyarwanda wifuza gutunga dekoderi ya CANAL+ ubu ashobora kuyigura Frw 5,000  ndetse akanakorerwa Installation ku Frw  5,000 gusa.

Iyi poromosiyo y’akarusho ikaba izarangirana n’ukwezi kwa Kamena.

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru mu birori byo kwizihiza iyi sabukuru, umuyobozi mukuru wa CANAL+ mu Rwanda, Sophie TCHATCHOUA yashimiye by’umwihariko abakiliya bakomeje gukoresha serivisi za CANAL+ kuva mu ntangiriro ndetse ashimangira ko batazigera bahagarika kuzana udushya twinshi mu nyungu z’abakiliya bayo.

Ati: “Imyaka 30 ni myinshi ndetse ni ikimenyetso cyerekana ko ibyo dukora abantu babishima. Ku munsi nk’uyu wo kwihiziza iyi sabukuru, ndashima cyane abakozi ndetse n’abafatanyabikorwa bacu k’ubwitange bagaragaza, ariko by’umwihariko, ndashimira abakiliya bakomeje kubana na CANAL+ kuva mu ntangiriro kugeza magingo aya.”

Umuyobozi mukuru wa CANAL+ RWANDA, Sophie TCHATCHOUA, aganira n’itangazamakuru

Uretse iyi poromosiyo yagenewe abakiliya basanzwe, ishami rishinzwe ubucuruzi ryitwa CANAL+ Business naryo ryashyize igorora amahoteli ndetse n’ibindi bigo binini byifuza gukorana nayo, aho ryagabanyije 10% ku biciro byari bisanzweho.

Ubu, Dekoderi iri kumwe n’ibikoresho byose Frw 5,000 gusa
Umukiliya wa CANAL+ uguze ifatabuguzi, ari guhabwa iminsi 30 areba amashene yisumbuyeho kandi akajya no muri TOMBOLA ashobora gutsindiramo ifatabuguzi ry’amezi 30 y’ubuntu
TAGGED:AmashushoCanal +
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rukomeje Umugambi Wo Gutunga Icyogajuru Cy’Itumanaho
Next Article Ikigo Rohde & Schwarz Cyafunguye Ishami Mu Rwanda Riba Irya Mbere Muri Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?