Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Mafoto: Perezida Kagame Yitabiriye Isabukuru Y’Ubwigenge Bwa Tanzania
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Mafoto: Perezida Kagame Yitabiriye Isabukuru Y’Ubwigenge Bwa Tanzania

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2021 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame ari kuri Sitade yitiriwe Uhuru Kenyatta ahagiye kubera Umuhango wo kwizihiza itariki Tanzania yaboneyeho ubwigenge. Ni umuhango yatumiwemo na mugenzi we uyobora Tanzania Madamu Samia Suluhu Hassan.

Tanzania irizihiza isabukuru y’imyaka 60 imaze yigenga.

Mu masaha y’igicamunsi kuri uyu wa Gatatu Tariki 08, Ukuboza, 2021 nibwo Perezida Paul Kagame yaraye ageze i Dar es Salaam muri Tanzania. Yagiye kwifatanya n’abatuye kiriya gihugu ‘cy’inshuti’ kwizihiza umunsi kibohoye ubukoloni w’Abongereza.

Ku kibuga cy’indege yakiriwe na Minisitiri ushinzwe kurinda Itegeko nshinga n’andi mategeko ya Tanzania witwa Palamagamba John Kabudi.

Ni ubwa mbere Perezida Paul Kagame asuye Tanzania kuva yatangira kuyoborwa na Madamu Samia Suluhu Hassan.

Perezida Kagame ubwo yari ahageze
Yubahiriza indirimbo z’ibihugu byombi: u Rwanda na Tanzania
Perezida Suluhu asuhuza abaturage ahari kubera umuhango wo kwizihiza ubwigenge bwa Tanzania

Uyu Mukuru wa Tanzania nawe aherutse gusura u Rwanda.

Mbere y’uko Samia Suluhu asura u Rwanda, mugenzi we w’u Rwanda yari yamwoherereje ubutumwa.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yamenyesheje mugenzi we Samia Suluhu Hassan wa Tanzania ko u Rwanda rwiteguye gukomeza guteza imbere umubano w’ibihugu byombi.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda niwe wagejeje buriya butumwa kuri Perezida Samia Suluhu Hassan.

Yari aherekejwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania Maj Gen Charles Karamba.

Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho mu Biro bya Perezida wa Tanzania, Gerson Msigwa, byatangajwe ko ubutumwa Dr Biruta yajyanye bwari bukubiyemo kwihanganisha Tanzania ku rupfu rwa John Pombe Magufuli wayoboraga icyo gihugu, no kwifuriza ishya Perezida Suluhu wamusimbuye.

Kagame yagaragaje ko u Rwanda ruhagaze neza, kandi rwiteguye gukomeza guteza imbere umubano na Tanzania.

Hari imishinga ibihugu byombi byiyemeje kubyaza umusaruro harimo n’urugomero rwo ku Rusumo rugomba kubyazwa amashanyarazi.

Harimo no kubaka umuhanda wa gari ya moshi uzahuza Isaka na Kigali, uzoroshya cyane ubwikorezi bw’ibicuruzwa biva ku cyambu cya Dar Es Salaam.

Ibihugu byombi bifite indi mishinga bigomba gufatanya.

Bidatinze Suluhu yasuye u Rwanda…

Tariki 02, Kanama 2021 nibwo indege yahagurutse ku kibuga mpuzamahanga kitiriwe Julius Nyerere, izanye Perezida Samia Suluhu gusura u Rwanda.

Rwari uruzinduko rw’iminsi ibiri.

Mu Rwanda yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi, asura uruganda Inyange, asura uruganda rwa Mara phone rukora telefoni zigendanwa, aha ikiganiro abanyamakuru ari kumwe na mugenzi we w’u Rwanda.

Ibiro bya Perezida Suluhu byari  byatangaje ko bimwe mu bizakorwa muri urwo ruzinduko ari ibiganiro azagirana Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, nyuma abo bayobozi bombi bagakurikirana isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Mu guha ikaze Perezida Suluhu, Perezida Kagame yamubwiye ko yisanga mu Rwanda kandi ko u Rwanda na Tanzania bisangiye ibirenze kugira umupaka ubihuza ahubwo ari n’abavandimwe.

Ubumwe bw’Abanya Tanzania mu bwigenge bwabo…

Tariki 09, Ukuboza, 1964 nibwo icyahoze ari Tanganyika kihuje n’Ikirwa cya Zanzibar bikora igihugu kimwe kiswe Tanzania hanyuma kibona ubwigenge.

Mbere cyari cyarakoronijwe n’Abadage ariko nyuma y’uko batsinzwe Intambara ya Kabiri y’Isi, iyi Koloni yabo yafashwe n’Abongereza.

Iyi  Koloni ya Tanzania y’ubu yahise ihinduka ibirindiro by’Abongereza aho bakuraga abasirikare bifashishwaga mu rugamba ndetse harimo n’Abanyarwanda barwanye Intambara ya Kabiri y’Isi harimo n’umusaza witwa Nyagashotsi Taarifa yanditseho inkuru mu mezi yashize.

Mu gihe Tanganyika yakolonizwaga n’Abongereza, Zanzibar yo yasimburanyweho n’Abanyapolitigali n’Abongereza nyuma y’aho, ni ukuvuga mu mpera z’Ikinyejana cya 19.

Nyuma yo kubona ubwigenge Tanganyika yayobowe na Julius Nyerere n’aho Ikirwa cya Zanzibar kiyoborwa na Abeid Amaan Karume wari Visi Perezida wa Tanzania yunze ubumwe.

Nyuma ya Nyerere, Tanzania yayobowe na Ali Hassan Mwinyi, uyu asimburwa na Benjamin William Mkapa nawe asimburwa nawe asimburwa na Jakaya Kikwete, nawe asimburwa nawe asimburwa na John Pombe Magufuli wasimbuwe na Samia Suluhu Hassan uyobora Tanzania muri iki gihe.

 

TAGGED:featuredKagameRwandaSuluhuTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gukumira Abavoka b’Abanyarwanda Muri Kenya Bikomeje Guteza Impaka
Next Article BNR Igiye Gukomorera Ibigo Bishya By’Ubwishingizi Ku Isoko Ry’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?