Mu Rwanda
Mu Mafoto: Uko Amatora Ku Rwego Rw’Umurenge Yagenze

Kuri uyu wa Gatandatu mu Rwanda haraba amatora mu rwego rw’Umurenge. Ni amatora y’abagize Komite mu byiciro bitandukanye.
Abari buyobore ariya matora babanje kurahirira kuza gukora neza ibyo bashinzwe.
Haratorwa abajyanama bahagarariye ibyiciro byihariye ni ukuvuga abagore bangana na 30%, abagize Komite nyobozi z’Inama z’Igihugu ku Murenge, harimo n’abafite ubumuga.
Abiyamamaje bagomba kubanza kuvuga ibyo biteguye kumarira ababatora.
Amafoto y’uko ibintu byifashe Taarifa imaze kubona yaturutse mu Karere ka Ngoma, muri Ruhango, muri Rwamagana, muri Nyarugenge, n’ahandi.
Ni amafoto yashyizwe kuri Twitter z’utu turere.

Mu karere ka Ngoma baba bateguye ndetse bazana n’igisabo n’uduseke

Abafite ubumuga nabo baratora ababahagarariye ku rwego rw’Umurenge

Abakoresha amatora bagomba kubanza kurahira

Aha ni mu Ruhango

Nyarugenge mu cyumba cy’Itora

Amatora aba yateguwe mu mabara y’u Rwanda n’umuco warwo

i Rwamagana

Hose hateguye neza