Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Mafoto: Uko Urubyiruko Rw’Indashyikirwa Rwiyeretse PM Ngirente Bya Gisirikare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Mu Mafoto: Uko Urubyiruko Rw’Indashyikirwa Rwiyeretse PM Ngirente Bya Gisirikare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 August 2024 7:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urubyiruko 494 rurimo urusanzwe ruba mu Rwanda n’uruba mu mahanga rwaraye rweretse Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente n’abandi bashyitsi ko rwatojwe imyitwarire ya gitore kandi rwayifashe neza.

Izi ndashyikirwa zigize icyiciro cya 14, zikaba zatumye zo na bagenzi bazo bazibanjirije bahita bagera ku bantu 5000 birenga bagize Indashyikirwa.

Uretse kuba rwabisobanuye mu magambo, rwanabyerekanye mu ntambuko ya gisirikare, idasobanya no mu myiyereko y’imikino njyarugamba igamije kwerekana ko rwiteguye gutabara Abanyarwanda.

N’ikimenyimenyi umunani muri abo bahungu n’abakobwa bahise biyangikisha kujya mu ngabo z’u Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gihe cy’iminsi 47 bari bamaze mu kigo cya Nkumba mu Karere ka Burera batozwa, abo basore n’inkumi bahawe uburere mboneragihugu, imyitozo y’ibanze ya gisirikare, indangagaciro zo gukunda igihugu, ubumwe, ubunyangamugayo n’umurava mu byo bakora.

Babwiye Minisitiri w’Intebe ko muri icyo gihe cyose bigishijwe amateka n’umuco by’u Rwanda, Icyerekezo cyarwo mu mwaka wa 2050 n’uruhare bazagira kugira ngo kigerweho.

Aba basore n’inkumi basezeranyije umushyitsi mukuru ko bazakomeza gukorera u Rwanda batizigamye kandi ko aho bazaba bari hose bazaruvugira.

Bose bahurije ku ngingo y’uko amasomo bahawe mu gihe kirenze ho gato amezi abiri zabigishije kugira ubumwe, guharanira ko u Rwanda rutera imbere no gukomeza kuruhesha isura nziza.

Ibyo kandi ngo byagombaga kugendana no kwirinda ibiyobyabwenge bikajyanirana no guharanira kugira ubuzima bwiza.

- Advertisement -

Dr. Jean Damascѐne Bizimana uyobora Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda ari nayo ifite inshingano yo gutoza uru rubyiruko indangagaciro nyarwanda yashimiye ababyeyi bemeye ko abana babo bava iyo ikantarange bakaza kwiga ibyagirira u Rwanda rwabo akamaro.

Yanazishimiye ko zitabiriye amatora y’Umukuru w’igihugu kandi akaba yaragenze neza.

Abenshi muri bo ni abatoye bwa mbere Umukuru w’Igihugu n’Abadepite kuko mu bantu 494 abangana na 484 ari bo batoye bwa mbere, naho 16 batoye ku nshuro ya kabiri.

Mu kigo cy’igihugu cy’ubutore cya Nkumba hari hashyizwe Ibiro by’Itora kugira ngo urwo rubyiruko ruhatorere.

Minisitiri w’Intebe, Dr.Edouard Ngirente yarusabye kuzarinda ibyagezweho no gukomeza kugira indangagaciro zishingiye ku muco nyarwanda by’umwihariko.

Avuga ko iyo urubyiruko rubaswe n’ibiyobyabwenge birugiraho ingaruka, bikabera imiryango yarwo ikigeragezo n’isoko y’agahinda ndetse bigahombya igihugu cyarubyaye.

Ati: “ Turi igihugu gishaka ko urubyiruko rwacu rutajya mu biyonyabwenge kuko ibiyobyabwenge byica ubwonko bigatuma icyo igihugu kirutegerejeho kitaboneka, ariko nawe icyo umuryango wawe wari ugutegerejeho ntuzakibone. Mureke twirinde ibiyobyabwenge”.

Uru rurubyiruko 494 rugizwe n’abakobwa 216 n’abahungu 278.

Muri bo iri torero ririmo abanyeshuri 33 biga mu mashuri makuru na Kaminuza mu mahanga naho 67 muri bo biga mu mashuri mpuzamahanga yo mu Rwanda.

Mu mwaka wa 2008 nibwo Perezida Paul Kagame yatangije Itorero ry’igihugu.

Mu muhango wo kurangiza amasomo yahawe ziriya Ndangamirwa hari abayobozi bakuru barimo n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka Major General Vincent Nyakarundi, umuyobozi w’ingabo mu Ntara y’Amajyaruguru Brig Gen Muhizi Pascal, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Maurice Mugabowagahunde, Minisitiri w’urubyiruko no kwita ku buhanzi Dr. Jean Népomuscene Abudallah Utumatwishima n’abandi.

Amafoto:

Ababyeyi bari baje kwifatanya n’abana babo barangije amasomo y’ubutore
Baberekaga aho baca ngo bajye mu byicaro bateguriwe
Ikinyabupfura no kubaha buri wese nibyo bibaranga
Arasuhuza Ngabo wo ku Ibere rya Bigogwe
Clementine Mukeka yari yahigereye
Arasuhuza ababyeyi bicaye mu ihema ry’abashyitsi b’imena
Gen Nyakarundi ari kumwe na Gen Muhizi
Basuhuje Minisitiri w’Intebe mu cyubahiro cya gisirikare
Ngirente yabibukije kwirinda ibiyobyabwenge no kuzirikana u Rwanda aho bari hose
Bacishijeho akadiho berekana ko batojwe umuco nyarwanda.
Ni itorero Indashyikirwa ribaye ku nshuro ya 14
TAGGED:featuredIkigoKagameKaminuzaNgirenteNkumbaRwandaUbutore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BK Iranyomoza Iby’Uko BNR Igiye Gukurikirana Umuyobozi Wayo
Next Article Uganda Yatunganyije Ahantu 74 Izacukura Ibikomoka Kuri Petelori
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?