Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Mibare: Ingengabitekerezo Ya Jenoside Yari Yifashe Ite Mu Myaka 3 Ishize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27Mu Rwanda

Mu Mibare: Ingengabitekerezo Ya Jenoside Yari Yifashe Ite Mu Myaka 3 Ishize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 April 2021 8:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe hasigaye iminsi itanu ngo Abanyarwanda bongere kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha byahaye gasopo abakora ibyaha bifitanye isano no kuyihakana no kuyipfobya.

Mu bihe bitandukanye no mu myaka ine ishize, mu bice by’u Rwanda havuzwe abantu bakoze ibyaha ubugenzacyaha buvuga ko bifitanye isano no gupfobya Jenoside no kuyihakana.

Muri byo harimo kuterekana aho abantu runaka bataye imibiri, bikagaragara ko bahiyishe nkana, gutama inka n’imyaka y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababakomokaho, kwandika inyandiko zibatera ubwoba cyangwa zigamije kubahungabanya n’ibindi.

Tumwe mu turere byagaragayemo ni Kicukiro, Nyabihu, Bugesera, n’ahandi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri 2017 hari abantu bitwikiriye ijoro batema inka y’umugabo warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu Karere ka Kicukiro.

Nyuma yaje kuremerwa na bamwe mu barokotse Jenoside barimo abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside barangije Kaminuza bibumbiye muri GAERG.

Mu karere ka Bugesera hari umuntu washyize urwandiko ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama rwanditse ruti: ‘TUZAHORA TUBIBAGIRWA’

I Nyabihu naho hari umugabo watemye inka nyinshi z’umugabo wari uzororeye mu rwuri ruri mu ishyamba rya Gishwati.

Hari n’ahandi abantu bitwikiraga ijoro bagatema urutoki cyangwa bakarandura imyaka iteye mu isambu y’uwarokotse Jenoside.

- Advertisement -

Hari n’abarokotse Jenoside bishwe. Ikindi ni uko hari abakoresha imbuga nkoranya mbaga bagapfobya cyangwa bagahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Imibare itangwa n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, ivuga ko muri rusange biriya byaha byagabanutse guhera muri 2018.

Uyu mwaka nibwo icyaha cy’ingengabitekerezo n’ibifitanye isano nayo byabaye byinshi kuko byari ibyaha 542.

Imibare yerekana ko muri 2017, habaruwe ibyaha 497, muri 2018 habaruwe ibyaha 542, muri 2019 habaruwe ibyaha 527 n’aho muri 2020 habaruwe ibyaha 530.

Umuvugizi wa RIB Dr Thierry B. Murangira yabwiye Taarifa ko kugabanuka kwa biriya byaha kwatewe n’uko Leta yashyize ingamba mu guhana ababikora n’ubujyanama butangwa kugira ngo abantu babyirinde.

Itegeko rihana ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isani biteganywa mu Igazeti ya Leta No 25 yo muri Nzeri, 2018

Dr Thierry B Murangira, uvugira RIB
TAGGED:featuredJenosideMurangira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyamaswa ‘Zizi ‘Kwigira Ku Zindi Imyitwarire, Nibyo Bita ‘Umuco’
Next Article Ikifuzo Cya Théoneste Bagosora Cyatewe Utwatsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?