Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Myaka 20 Ishize Ingagi 300 Zimaze Kwitwa Amazina: RDB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Myaka 20 Ishize Ingagi 300 Zimaze Kwitwa Amazina: RDB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 September 2023 12:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Michaella Rugwizangoga ushinzwe kubungabunga Pariki z’u Rwanda mu kigo cy’igihugu cy’iterambere, RDB, yavuze ko mu myaka 20 ishize umuhango wo kwita izina utangiye, abana b’ingagi 300 bamaze kwitwa amazina.

Yabivugiye mu muhango wo kwita abandi bana b’ingagi 23 wabereye mu Kinigi mu Karere ka Musanze kuri uyu wa Gatanu taliki 01, Nzeri, 2023.

Ni umuhango witabiriwe n’abantu batandukanye barimo Abanyarwanda n’inshuti zabo kandi umushyitsi mukuru ya Madamu Jeannette Kagame.

Rugwizangoga yabwiye abari baje kumva uko abo bana bitwa ko hari miliyoni $10 zavuye mu madolari atangwa n’abasura Pariki y’Ibirunga zashowe mu mishinga 500 igamije guteza imbere abatuye pariki zose z’u Rwanda.

Iyo mishinga yashowe mu mirenge 12 iri mu Ntara zikora kuri iriya Pariki ari zo iy’Amajyaruguru n’iy’Uburengerazuba.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Maurice Mugabowagahunde ashima Leta y’u Rwanda yatekereje kurinda ziriya ngagi kuko kuzirinda byatumye zituza zirororoka abantu barazisura ziha u Rwanda amadovize.

Ati: “ Umusaruro wo kwita ku ngagi watumye mu Ntara yacu havuka hoteli zitandukanye kandi tuzakomeza kugira uruhare mu kurinda iyi pariki.”

Mu myaka 20 ishize ingagi ziyongereho 23% bitewe n’uko zarinzwe ba rushimusi ndetse n’intambara zatumaga zihunga.

Ubusanzwe ingagi zo mu misozi mu miremire ziba ahantu hakonja cyane.

Amakuru avuga ko ingagi y’ingabo ikuze iba ipima ibilo 250.

TAGGED:AmadolarifeaturedIngagiRugwizangogaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwamagana: Abantu Batatu Bishwe Ni Inzoga Bita Icyuma
Next Article Kagame Yashimye Abajenerali Baherutse Kujya Mu Kiruhuko Cy’Izabukuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?