Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Nshingano Z’Ingabo Z’u Rwanda Harimo Iterambere Ryarwo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Mu Nshingano Z’Ingabo Z’u Rwanda Harimo Iterambere Ryarwo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 February 2024 6:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuba mu ngabo habamo ishami rishinzwe ibikorwaremezo kandi rikora no mu gihe cy’amahoro ni icyemezo cy’uko mu nshingano zazo harimo ni kubaka ibikorwa by’amajyambere rusange y’abaturage.

RDF ifite imitwe myinshi ya gisirikare harimo n’ushinzwe ibikorwaremezo bita Engineering Brigade. Abagize uyu mutwe bagira uruhare mu gupatana no kubaka ibikorwaremezo hirya no hino mu Rwanda kandi ibyo bikorwa biba bikomeye.

Nk’uko bimeze no ku basirikare bo mu yindi mitwe, abo muri iri tsinda nabo bakenera amahugurwa ngo bakarishye ubwenge.

Ni yo mpamvu bamwe muri bo bari guhugurirwa mu ishuri rikuru rya gisirikare i Nyakinama mu Karere ka Musanze, bakaba bari kumwe na bagenzi babo baturutse mu bindi bihugu.

Umwe mu basirikare b’u Rwanda Col Bagwaneza yavuze ko ubusanzwe igisirikare kitatera imbere mu gihe abaturage bacyo nabo badateye imbere.

Avuga ko we na bagenzi be bari kwigira uko ikibazo cy’amashanyarazi kifashe mu Rwanda n’icyakorwa ngo ahari icyuho kizibwe.

Ati: “  Igisirikare ntabwo cyakora igihugu kidatera imbere. Dushinzwe no kugura uruhare mu iterambere ry’igihugu. Twaje hano kugira ngo twige uko energy[ingufu z’amashanyarazi] ikora ite mu Rwanda, igeze ku ruhe rwego, ese igihugu gifite izihe mbogamizi kuri energy?”

Col Lydia Bagwaneza avuga ko mu byo bize harimo ko u Rwanda rufite intambwe igaragara rwateye mu by’ingufu z’amashanyarazi n’ubwo ari igihugu kidakora ku mazi.

Avuga ko ibyo u Rwanda rwakoze mu kwihaza ku ngufu z’amashanyarazi bishimishije n’ubwo rufiite imbogamizi zitandukanye.

Undi musirikare waturutse mu mahanga nawe ashima uko u Rwanda rwateye imbere mu by’ingufu, avuga ko ibyo rwakoze ari ibyo kwigirwaho n’ahandi.

TAGGED:IbikorwaremezoIgihuguIngaboIterambere
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Luvumbu Yatandukanye Na Rayon Sports
Next Article REG BBC Na APR Basketball Club Zatangiye Neza Shampiyona
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?