Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Mu Nyanja’ Hamaze Kujugunywa Udupfukamunwa Toni 25,000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

‘Mu Nyanja’ Hamaze Kujugunywa Udupfukamunwa Toni 25,000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 November 2021 3:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo guhuza amakuru yakusanyijwe n’abahanga bo muri Kaminuza yo muri California hagamijwe kureba uko inyanja zimerewe nyuma y’igihe isi yadutswemo icyorezo COVID, baje gusanga hari toni 25,000 z’udupfukamunwa twazijugunywemo.

Kugira ngo wumve neza ubwinshi bw’utu dupfukamunwa, ni ngombwa kumenya ko ikamyo yo mu bwoko bwa dipine( hoho) ni ukuvuga ya makamyo apakira imicanga, yuzura ari uko ipakiye toni 20.

Tekereza amakamyo byasaba kugira ngo ariya makamyo azapakire toni 25 000 kandi mu gihe cy’imyaka itageze kuri itatu!

Iyi kamyo yuzura ipakiye toni 20

Ikindi hano kivugwa ni uko ziriya toni ari iz’udupfukamunwa gusa.

Bongeraho ko hari izindi toni zigera kuri miliyoni 8.4 z’ibikoresho bya pulasitiki byakoreshejwe mu kurinda no gukingira COVID-19 byajugunywe hirya no hino ku isi kugeza aho kiriya cyorezo cyagendeshereje macye  muri Kanama, 2021.

Ibyinshi mu byajugunywe mu Nyanja muri kiriya gihe(71%) byatawe n’abantu ubwo bemererwaga kujya gutangira kwidagadura ku Nyanja Guma mu rugo irangiye.

Ikindi ni uko hari indi myanda nayo ifite ijanisha rinini yajugunywe ivanywe kwa muganga.

Muri yo harimo udupfukamunwa, imyambaro ikingira isura( face shields), uturindantoki n’ibindi.

Bimwe muri ibi byageze mu Nyanja bimanuwe n’imigezi n’inzuzi, aho byaturutse hirya no hino ku isi.

Mu bushakashatsi ba bahanga bakoze, bagaragaje ko biriya bintu bikoze muri pulasitiki bigira ingaruka ku binyabuzima biba mu Nyanja kandi ko ari ikibazo kibasiye isi muri rusange.

Imwe mu mpamvu zitangwa zateye ubwinshi bw’udupfukamunwa ni uko muri iki gihe inzego z’ubuzima zivuga ko hagomba gukoreshwa agapfukamunwa kamwe kagasimbuzwa akandi.

Byatumye haboneka udupfukamunwa twinshi twakoreshejwe, tujugunywa ahabonetse hose harimo no mu nzuzi.

Abahanga bari basanzwe bahangayikishijwe n’uko inyanja zirimo pulasitiki kandi ntibora.

Ikindi gikomeye ni uko iyo imyanda iri mu Nyanja imwe, birangira igeze no mu yindi.

Imyanda iturutse mu migezi yo muri Aziya imanukira mu Majyaruguru y’Inyanja ya Pacifique, kandi imwe muri yo, iramanuka ikagera no mu Nyanja ya Arctic.

Igiteye impungenge ni uko inyanja ya Arctic igizwe n’amazi y’urubura kandi iyo imyanda igeze muri aya mazi ntitemba ahubwo irireka.

Inyanja z’isi zahindutse ibimpoteri by’abayituye

Mu kwireka rero iremerera ariya mazi kandi ikazatuma agira aside izatuma ayenga mu gihe kirekire.

Uko kuyenga ariko, hari ubwo kwihutishwa n’uko ikirere cyashyushye.

Abakoze bwa bushakashatsi twavuze haruguru, bavuga ko imwe mu ngamba zakumira ko udupfukamunwa n’ibindi bikoresho byo kwa muganga bikomeza kujugunywa mu Nyanja ni uko abo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bashaka uburyo bwiza bwo kubicunga, ntibijugunywe aho ari ho hose.

Bashishikariza abatuye isi kumenya ko ibikoresho bikoreshwa rimwe bikajugunywa bikwiye kugira ahantu hazwi birundwa ntibijugunywe ku gasi.

Ikindi ni uko hagomba gukoreshwa ibikoresho bibora mu buryo bworoshye.

Ibi twanditse haruguru byasohowe mu Kinyamakuru kitwa Proceedings of the National Academy of Sciences.

TAGGED:featuredIkamyoInyanjaToniUdupfukamunwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intara y’Iburasirazuba Yinjije Imisoro Ya Miliyari Frw 35.7 Frw Mu 2020/21
Next Article Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Ya 18 Iri Hafi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?