Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Abagabo Baritabira Kuba Ababyaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Mu Rwanda Abagabo Baritabira Kuba Ababyaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2024 5:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Anita Asiimwe ukora mu Kigo MSH, akaba ashinzwe umushinga wiswe Ireme avuga ko hari  impinduka mu bitabira kwiga umwuga wo kubyaza n’ubuforomo kuko abenshi mu biyandikisha ngo bige aya masomo biganjemo ab’igitsina gabo.

Yabivuze ubwo i Masaka muri Kaminuza yitwa East African Christian College hatangirizwaga umushinga wo kwigisha abanyeshuri bagiye kwiga ubuforomo n’ububyaza bishyuriwe amafaranga n’ikigo cy’Abanyamerika kitwa  Management of Sciences of Health na USAID.

Dr.Anita Asiimwe avuga ko bahaye ababyaza uburyo bwo kujya kwiga kugira ngo bazatange umusaruro mu kwita ku babyeyi b’Abanyarwandakazi.

Dr. Anita Asiimwe

Avuga ko we nk’umubyeyi azi neza akamaro ababyaza n’abaforomo bagira mu gutuma abana na ba Nyina bagira ubuzima bwiza.

Avuga ko kimwe mu bigaragara muri aba banyeshuri bashaka kuziga iby’ububyaza ari uko abarenga ½ ari abagabo.

Asiimwe avuga ko bitahozeho ko abagabo bitabira aya masomo ariko ubu ngo ni ikintu kiri kugaragara kandi cyo kwishimira.

Prof Papias Musafiri uyobora Kaminuza ya East African Christian University avuga ko batoza abanyeshuri kuzaba ababyaza beza kandi ko n’abo bagiye gutangira kwigisha nabo bizaba uko.

Ashima abazishyurira bariya banyeshuri kubera ko akenshi ikibazo mu myigire ya Kaminuza muri rusange ari ubushobozi bw’amafaranga.

Musafiri ati: “Twe nka Kaminuza ya East African Christian University twishimira ko ubu bufatanye buzagira akamaro mu kuzamura ubumenyi bw’abanyeshuri bacu. Tuzi neza ko iyi mikoranire izatuma abanyeshuri bacu bamenya gushyira mu bikorwa ibyo baziga bikazabategurira kuba abantu bazagirira igihugu akamaro”.

Marian Wentworth uyobora Management of Sciences of Health avuga ko bazakomeza gukorana n’u Rwanda kugira ngo bateze imbere urwego rw’ubuzima kugira ngo ruzabe rufite ababyaza bashoboye mu myaka itanu iri imbere.

Umushinga wo kwigisha ububyaza n’ubuforomo uzakorerwa ku bantu 500 biganjemo ab’igitsina gabo nk’uko Dr. Anita Asiimwe yabivuze.

Abanyeshuri bazigishirizwa muri Kaminuza za Kibogora Polytechnic iri mu Karere ka Nyamasheke, Univerisité Catholique de Kabgayi muri Muhanga na  Kaminuza ya East African Catholic Univeristy iri mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Masaka.

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana aherutse kubwira itangazamakuru ko intego u Rwanda rufite ari iyo gukuba kane umubare w’ababyaza n’abaforomo mu myaka itanu iri imbere.

TAGGED:AbabyazaAbanyeshurifeaturedKaminuza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article George Weah Azitabira Igikombe Cy’Isi Kizabera Mu Rwanda
Next Article Yongwe Yakatiwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?