Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mudugudu W’I Gatsibo Yapfiriye Muri Gicumbi Yagiye Kwiba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mudugudu W’I Gatsibo Yapfiriye Muri Gicumbi Yagiye Kwiba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2023 11:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ubucukuzi butemewe bushobora guhitana abantu(Ifoto y'ikigereranyo)
SHARE

Théoneste Tuyisenge wari usanzwe ari Umukuru w’Umudugudu wa Rusenge mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo yapfanye n’undi mugabo witwa Alias Ubonyintabaza ubwo bari bagiye gucukura mu kirombe kandi batabyemerewe.

Ubonyintabaza we ni uwo mu Murenge wa Ruvune muri Gicumbi.

Ruvune( muri Gicumbi) na Nyagihanga(muri Gatsibo) ni imirenge ituranye.

Ku wa Gatanu taliki 01, Nzeri, 2023 nibwo iby’urupfu rwabo byamenyekanye.

Iki kirombe kiri aho Ruvune ihurira na Nyagihanga

Aba bagabo nibo bahuriye n’umwaku muri kiriya kirombe kubera ko cyabahirimanye bari kumwe n’abandi bantu bane.

Bose hamwe bari batandatu, ariko bane baza kuvamo ari bazima.

Amakuru Taarifa yahawe n’umwe mu baturage bo muri Gicumbi witwa Ngirabatware avuga ko uriya muyobozi yambutse ava mu Mudugudu we wo muri Gatsibo ajya mu kirombe cy’amabuye ya Wolfram kiri muri Ruvune ya Gicumbi akigwamo.

Uwo muturage avuga ko hari itsinda ryiyise ‘Abahunnyi’ ricukura amabuye mu buryo butemewe n’amategeko rikora nk’irindi ry’i Gatsibo ryitwa ‘Imparata.’

Ni itsinda ryiyemeje ubwo bucukuzi kandi ngo rihora rihanganye n’abashinzwe umutekano.

Ntiyabashije kumenya aho ayo mabuye bayagurisha ariko yemeza ko hashobora kuba hari abayobozi babyihisha inyuma.

Ati: “ Nonese niba na Mudugudu aza gucukura ayo mabuye, urumva atari uko birimo agafaranga? Sinabyemeza ijana ku ijana ariko ndumva abayobozi nabo batabura mu bakorana n’izo nkozi z’ibibi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage witwa Mbonyintwari Jean Marie Vianney asaba abaturage n’abayobozi kwitandukanya n’ubucukuzi butemewe n’amategeko.

Yanenze Mudugudu watanze urugero rubi akajya mu bucukuzi butemewe n’amategeko ndetse bikamuviramo urupfu.

Ati “…Turasaba abayobozi  kuba intangarugero kandi bagakora neza inshingano bafite nk’abayobozi, bagakumira ikibi, birinda na bo kujyamo kuko bitanga urugero rubi.”

Mbonyintwari Jean Marie Vianney

Imirambo ya ba nyakwigendera yajyanywe ku bitaro bya Byumba kugira ngo ikorerwe isuzuma mbere yo gushyingurwa.

Ikirombe cyaguyemo bariya bantu ni icy’ikigo kitwa UHM Company Ltd.

Iki kigo gisanzwe gifite abarinda ikirombe cy’ariya mabuye y’agaciro ariko ngo ntibibuza ko hari bamwe babaca mu rihumye bakinjiramo kubakuramo bikaba intambara.

Mudugudu wapfuye ari we Théoneste Tuyisenge yari afite imyaka 31 y’amavuko ariko nturamenya niba asize umugore n’abana.

TAGGED:AmabuyefeaturedGatsiboGicumbiMudugudu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Umwe Mu Basirikare Bakuru Barinda Tshisekedi Yafunzwe
Next Article Niger Yazamuye Igiciro Cya Iranium Ngo Ihime Ubufaransa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?