Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mufti Mushya Yarahiriye Inshingano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mufti Mushya Yarahiriye Inshingano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 June 2024 2:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sheikh Mussa Sindayigaya yarahiriye kuzuza inshingano nshya aherutse gutorerwa zo kuba Mufti w’u Rwanda. Izi nshingano yazirahiriye hari Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’igihugu rushinzwe Imiyoborere Dr. Usta Kayitesi.

RGB mu magambo ahinnye y’Icyongereza(Rwanda Governance Board) ni rwo rwego rushinzwe gukurikirana imikorere y’amahuriro ya Politiki n’amadini.

Undi wari muri uyu muhango ni Sheikh Salim Hitimana ucyuye igihe ku buyobozi bwa Mufti w’u Rwanda ndetse n’uwari umwungirije muri izi nshingano witwa Sheikh Swaleh Nshimiyimana.

Yaba Sheikh Hitimana na Sheikh Nshimiyimana bombi bahererekanyije ububasha n’ababasimbuye ari bo Sheikh Mussa Sindayigaya n’umwungirije Sheikh Yunus Mushumba.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Sindayigaya ukomoka mu Karere ka Kamonyi. Amatora ya Mufti w’u Rwanda na komite ye yagombye kuba yarabaye mu mwaka wa 2020 ariko birogowa na COVID-19.

Ni icyorezo cyadutse mu Rwanda muri Gashyantare, 2020 kibuza Abanyarwanda gukora byinshi mu byo bari bamenyereye mu buzima bwabo bwa buri munsi birimo no gusohoka mu ngo zabo.

Mufti Mussa Sindayigaya afite imyaka 43 arubatse afite abana batatu. Yari asanzwe muri Komite icyuye ashinzwe imari n’igenamigambi, akaba yaranakoze imirimo ku rwego rw’ubuyobozi muri Islam kuva mu mwaka wa 2003.

Ni umwe mu ntiti za Tewologiya ya Kisilamu zikomeye mu Rwanda kuko yayigiye muri Arabia Saudite ahavana impamyabushobozi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s degree) mu masomo ya Islam, akaba afite n’impamyabushobozi yisumbuyeho (Diploma) mu masomo y’ubuyobozi bwa Leta (Public Administration).

Afite kandi impamyabumenyi mu kiciro cya gatatu cya Kaminuza mu by’ubuyobozi rusange bita Public Administration Management.

- Advertisement -

Sheikh Mussa Sindayigaya aritegura kurangiza amasomo yo ku rwego rw’ikirenga (PhD) mu buyobozi n’imiyoborere.

Mu ijambo yavuze akimara gutorwa, Mufti Sindayigaya yavuze ko azashyira imbaraga mu mishinga yo kuzamura imibereho y’Abayisilamu abinyujije mu bikorwa bitatu by’ibanze aribyo ubumwe bw’Abayisilamu, imishinga y’iterambere no kwigira k’Umuryango wa Islam, ndetse n’imiyoborere myiza iherekejwe no gusohoza inshingano.

TAGGED:featuredMuftiRwandaSindayigaya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sena Irasaba Inzego Kwibutsa Urubyiruko Umuco W’Abanyarwanda
Next Article Umugore W’i Rulindo Yafatanywe Toni 2.5 Z’Intsinga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?