Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mufti Mushya Yarahiriye Inshingano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mufti Mushya Yarahiriye Inshingano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 June 2024 2:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sheikh Mussa Sindayigaya yarahiriye kuzuza inshingano nshya aherutse gutorerwa zo kuba Mufti w’u Rwanda. Izi nshingano yazirahiriye hari Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’igihugu rushinzwe Imiyoborere Dr. Usta Kayitesi.

RGB mu magambo ahinnye y’Icyongereza(Rwanda Governance Board) ni rwo rwego rushinzwe gukurikirana imikorere y’amahuriro ya Politiki n’amadini.

Undi wari muri uyu muhango ni Sheikh Salim Hitimana ucyuye igihe ku buyobozi bwa Mufti w’u Rwanda ndetse n’uwari umwungirije muri izi nshingano witwa Sheikh Swaleh Nshimiyimana.

Yaba Sheikh Hitimana na Sheikh Nshimiyimana bombi bahererekanyije ububasha n’ababasimbuye ari bo Sheikh Mussa Sindayigaya n’umwungirije Sheikh Yunus Mushumba.

Sindayigaya ukomoka mu Karere ka Kamonyi. Amatora ya Mufti w’u Rwanda na komite ye yagombye kuba yarabaye mu mwaka wa 2020 ariko birogowa na COVID-19.

Ni icyorezo cyadutse mu Rwanda muri Gashyantare, 2020 kibuza Abanyarwanda gukora byinshi mu byo bari bamenyereye mu buzima bwabo bwa buri munsi birimo no gusohoka mu ngo zabo.

Mufti Mussa Sindayigaya afite imyaka 43 arubatse afite abana batatu. Yari asanzwe muri Komite icyuye ashinzwe imari n’igenamigambi, akaba yaranakoze imirimo ku rwego rw’ubuyobozi muri Islam kuva mu mwaka wa 2003.

Ni umwe mu ntiti za Tewologiya ya Kisilamu zikomeye mu Rwanda kuko yayigiye muri Arabia Saudite ahavana impamyabushobozi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s degree) mu masomo ya Islam, akaba afite n’impamyabushobozi yisumbuyeho (Diploma) mu masomo y’ubuyobozi bwa Leta (Public Administration).

Afite kandi impamyabumenyi mu kiciro cya gatatu cya Kaminuza mu by’ubuyobozi rusange bita Public Administration Management.

Sheikh Mussa Sindayigaya aritegura kurangiza amasomo yo ku rwego rw’ikirenga (PhD) mu buyobozi n’imiyoborere.

Mu ijambo yavuze akimara gutorwa, Mufti Sindayigaya yavuze ko azashyira imbaraga mu mishinga yo kuzamura imibereho y’Abayisilamu abinyujije mu bikorwa bitatu by’ibanze aribyo ubumwe bw’Abayisilamu, imishinga y’iterambere no kwigira k’Umuryango wa Islam, ndetse n’imiyoborere myiza iherekejwe no gusohoza inshingano.

TAGGED:featuredMuftiRwandaSindayigaya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sena Irasaba Inzego Kwibutsa Urubyiruko Umuco W’Abanyarwanda
Next Article Umugore W’i Rulindo Yafatanywe Toni 2.5 Z’Intsinga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?