Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mugomba Kugira Umwete Wo Gukora Ibikwiye- Kagame Abwira Abayobozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mugomba Kugira Umwete Wo Gukora Ibikwiye- Kagame Abwira Abayobozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2024 12:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro n’ abayobozi bakuru bari bamaze iminsi ibiri mu mwiherero, Perezida Paul Kagame yavuze ko kugira ngo bagere ku byo biyemeje ari ngombwa ko bagira imbaraga zo gukora ibikwiye kandi bakazikomeza.

Umuyobozi w’Abanyarwanda avuga ko abayobozi bagomba kwiyumvamo igishyuhirane cyo gukora ibyiza hagamijwe kugera ku ntego zemeranyijwe.

Yabasabye kugira amahitamo muri Politiki runaka bumva bakurikiza kugira ngo ayo mahitamo abe ari yo abayobora.

Bisa n’aho yababuzaga guhuzagurika mu myumvire n’imigirire ya politiki.

Ati: “ Mugomba kugira amahame mwemera kandi mwiteguye guhaguruka mukarwanira. Simbasaba kumera nkanjye cyangwa kumera nk’undi uwo ari we wese ariko ndifuza ko byibura buri wese yakora uko ashoboye akagira icyo akora, akumva ko ibintu bimureba”.

Kagame yabwiye abayobozi ko buri wese muri bo afite ibyo ashoboye bitandukanye ni ibya mugenzi we bityo ko kubishyira hamwe bakabikoresha mu nyungu z’abaturage ari byo bikenewe.

Umwiherero w’abayobozi wari ugamije kubibutsa ko hari intego bihaye kandi ko bagomba kuzishyira mu bikorwa uko byagenda kose.

Icyo bari bagendereye ni ukwibukiranya ko ibintu byihutirwa kandi ko buri wese mu byo ashinzwe, akwiye gukorera ku ntego no ku muvuduko ukwiye ngo ibintu bigerweho kandi vuba.

Buri mwaka guhera mu mwaka wa 2004 abayobozi bakuru b’u Rwanda bajya mu mwiherero bakaganira uko barushaho kunoza imikorere no kugeza umuturage ku iterambere nyaryo.

TAGGED:AbayobozifeaturedIntegoKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BNR Iraburira Abantu
Next Article Patriots BBC Yimuye Ku Ntebe APR BBC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Bunyoni Ararembye

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?