Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mugomba Kugira Umwete Wo Gukora Ibikwiye- Kagame Abwira Abayobozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mugomba Kugira Umwete Wo Gukora Ibikwiye- Kagame Abwira Abayobozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2024 12:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro n’ abayobozi bakuru bari bamaze iminsi ibiri mu mwiherero, Perezida Paul Kagame yavuze ko kugira ngo bagere ku byo biyemeje ari ngombwa ko bagira imbaraga zo gukora ibikwiye kandi bakazikomeza.

Umuyobozi w’Abanyarwanda avuga ko abayobozi bagomba kwiyumvamo igishyuhirane cyo gukora ibyiza hagamijwe kugera ku ntego zemeranyijwe.

Yabasabye kugira amahitamo muri Politiki runaka bumva bakurikiza kugira ngo ayo mahitamo abe ari yo abayobora.

Bisa n’aho yababuzaga guhuzagurika mu myumvire n’imigirire ya politiki.

Ati: “ Mugomba kugira amahame mwemera kandi mwiteguye guhaguruka mukarwanira. Simbasaba kumera nkanjye cyangwa kumera nk’undi uwo ari we wese ariko ndifuza ko byibura buri wese yakora uko ashoboye akagira icyo akora, akumva ko ibintu bimureba”.

Kagame yabwiye abayobozi ko buri wese muri bo afite ibyo ashoboye bitandukanye ni ibya mugenzi we bityo ko kubishyira hamwe bakabikoresha mu nyungu z’abaturage ari byo bikenewe.

Umwiherero w’abayobozi wari ugamije kubibutsa ko hari intego bihaye kandi ko bagomba kuzishyira mu bikorwa uko byagenda kose.

Icyo bari bagendereye ni ukwibukiranya ko ibintu byihutirwa kandi ko buri wese mu byo ashinzwe, akwiye gukorera ku ntego no ku muvuduko ukwiye ngo ibintu bigerweho kandi vuba.

Buri mwaka guhera mu mwaka wa 2004 abayobozi bakuru b’u Rwanda bajya mu mwiherero bakaganira uko barushaho kunoza imikorere no kugeza umuturage ku iterambere nyaryo.

TAGGED:AbayobozifeaturedIntegoKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BNR Iraburira Abantu
Next Article Patriots BBC Yimuye Ku Ntebe APR BBC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gakenke: Baratakambira Ubuyobozi Ngo Bububakire Ikiraro Cyambuka Umugezi Wa Base

Uko Urwego Rw’Ubuzima Bw’Abanyarwanda Ruteye Mu Myaka Itanu Ishize

Abayobozi Baranengwa Kutitabira Inteko Z’Abaturage

FDLR Yarwanye Na Mai Mai

Imitangire Ya Serivisi Ntiranoga- RGB

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

Uburundi Buvuga Ko Nibiba Ngombwa Buzarwana N’u Rwanda 

Venezuela Ivuga Ko Trump Nta Kindi Ayishakaho Kitari Petelori

You Might Also Like

Ubukungu

Umusaruro Mbumbe W’ u Rwanda Wazamutseho 11.8% Mu Gihembwe Cya Gatatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Umuvuno Wa Leta Wo Guca Amapfa Muri Kayonza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Trump Yeruye Arega BBC Ngo Imwishyure Miliyari $10

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?