Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mugomba Kugira Umwete Wo Gukora Ibikwiye- Kagame Abwira Abayobozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mugomba Kugira Umwete Wo Gukora Ibikwiye- Kagame Abwira Abayobozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2024 12:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro n’ abayobozi bakuru bari bamaze iminsi ibiri mu mwiherero, Perezida Paul Kagame yavuze ko kugira ngo bagere ku byo biyemeje ari ngombwa ko bagira imbaraga zo gukora ibikwiye kandi bakazikomeza.

Umuyobozi w’Abanyarwanda avuga ko abayobozi bagomba kwiyumvamo igishyuhirane cyo gukora ibyiza hagamijwe kugera ku ntego zemeranyijwe.

Yabasabye kugira amahitamo muri Politiki runaka bumva bakurikiza kugira ngo ayo mahitamo abe ari yo abayobora.

Bisa n’aho yababuzaga guhuzagurika mu myumvire n’imigirire ya politiki.

Ati: “ Mugomba kugira amahame mwemera kandi mwiteguye guhaguruka mukarwanira. Simbasaba kumera nkanjye cyangwa kumera nk’undi uwo ari we wese ariko ndifuza ko byibura buri wese yakora uko ashoboye akagira icyo akora, akumva ko ibintu bimureba”.

Kagame yabwiye abayobozi ko buri wese muri bo afite ibyo ashoboye bitandukanye ni ibya mugenzi we bityo ko kubishyira hamwe bakabikoresha mu nyungu z’abaturage ari byo bikenewe.

Umwiherero w’abayobozi wari ugamije kubibutsa ko hari intego bihaye kandi ko bagomba kuzishyira mu bikorwa uko byagenda kose.

Icyo bari bagendereye ni ukwibukiranya ko ibintu byihutirwa kandi ko buri wese mu byo ashinzwe, akwiye gukorera ku ntego no ku muvuduko ukwiye ngo ibintu bigerweho kandi vuba.

Buri mwaka guhera mu mwaka wa 2004 abayobozi bakuru b’u Rwanda bajya mu mwiherero bakaganira uko barushaho kunoza imikorere no kugeza umuturage ku iterambere nyaryo.

TAGGED:AbayobozifeaturedIntegoKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BNR Iraburira Abantu
Next Article Patriots BBC Yimuye Ku Ntebe APR BBC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?