Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Abagizi Ba Nabi Bishe Umukecuru Urubozo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Abagizi Ba Nabi Bishe Umukecuru Urubozo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2023 8:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mukamuvara Xavérine wari ufite imyaka 60 yiciwe aho yacuririzaga bamumena ijisho ndetse bamurika n’amaguru.

Kuri uyu wa Mbere taliki 01, Ukuboza, 2023 nibwo amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye.

Uriya mukecuru yari umucuruzi wakoreraga ibye mu Mudugudu wa Nyarucyamu ya II, Akagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga,  agataha muri Nyarucyamu ya mbere ho muri ako Kagari.

Yari umukecuru wifashije kubera ko uretse akabari, yari afite n’inzu abagenzi bararamo iyo bubiriyeho, bita Guest House.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abatanze amakuru kuri iki kibazo bavuze ko iyo nzu yacururizagamo yiriwe ifunze kuva mu gitondo kugeza mu masaha y’ikigoroba bagira amakenga bajya kureba icyabaye.

Umukuru w’Umudugudu wa Nyarucyamu II ibyo byabereyemo witwa Ndagijimana Jean Damascène avuga ko amakuru yayahawe n’abahageze mbere.

Avuga ko bahageze basanga inzugi zegetseho; binjiye mu nzu imbere basanga Mukamuvara yarangije kwicwa kandi ijisho rimwe barikubisemo ikintu rirameneka basanga n’amaguru yombi aziritse.

Mudugudu avuga ko muri iyo nzu hari harimo umugabo umwe wari uhamaze icyumweru arara muri kimwe mu byumba  by’iyo nzu.

Ati:”Abaturage batubwiye ko uwo mugabo wari uhacumbitse ejo yiriwe asangira n’undi mugenzi we inzoga bose nta n’umwe wasanzwe mu cyumba bahise bacika.”

- Advertisement -

Abamwishe kandi ngo baramucucuye kuko nta telefoni bamusanganye ndetse n’amafaranga yari yiriwe acuruza barayajyanye.

Inzego z’umutekano, iz ‘ubugenzacyaha ndetse n’abaturage bahageze basanga umurambo wa nyakwigendera uri mu cyumba.

Mugenzi wacu ukorera UMUSEKE muri kariya gace yabonye inzego z’umutekano zifata umukozi wakoreraga uyu mubyeyi n’undi mugabo wari ufite iduka ku ruhande kugira ngo bakorweho iperereza.

Mukamuvara Saverine yari amaze amezi atandatu mu Mujyi wa Muhanga.

Yaje i Muhanga avuye mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, akaba asize umugabo n’abana babiri bakuru.

TAGGED:MuhangaRwandaUbwicanyiUmuekecuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Yafunze Abayoboke Bane Ba ADEPR
Next Article I Dubai Perezida Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Bakomeye Batandukanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uhumeka Inshuro 20,000 Ku Munsi-Ariko Se Ubikora Neza?

Hari Ibiganiro Ku Mubano Urambye Wa Israel Na Syria

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

DRC: Hari Ubwumvikane Buke Hagati Ya Minisitiri W’Ubutabera N’Umushinjacyaha Mukuru

Pariki Y’Akagera Igiye Kubakwamo Hoteli Ikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Mu Buyobozi Bw’Intara Harimo Urunturuntu-Tshisekedi

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Gakenke: Abaturage Baremeye Abaturanyi Barokotse Jenoside

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Ngororero: Batwara Amatungo Mu Modoka Z’Abagenzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?