Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Amaze Imyaka 18 Agendera Ku Irangamuntu Itari Iye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Amaze Imyaka 18 Agendera Ku Irangamuntu Itari Iye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 December 2023 8:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Murehe, Akagari ka Gasagara mu Murenge wa Rongi muri Muhanga hatuye umugabo witwa Niyotwisunga Isaïe w’imyaka 47 y’amavuko ufite irangamuntu amaranye imyaka 18 yanditse mu mazina ya Kayisire Godefroid.

Ati: “Nagerageje gukosoza biranga mpamana iyi mfite gusa ntabwo binshimisha.”

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bamubajije niba ntacyo yaba yishinja , avuga ko ‘ntacyo’.

Yavuze ko yagiye gusaba ko bamuha indangamuntu mu Murenge wa Nyamabuye, basohora iyanditse mu mazina ya Kayisire Godefoid ashatse gukosoza ntibyakunda kugeza ubu akaba ayimaranye Imyaka 18 yose.

Uyu mugabo avuga ko impamvu yatumye ayitunga muri ayo mazina ari uko ifoto iriho ari iye ndetse n’izina ry’umubyeyi we umwe (Nyina).

Afite abana barindwi.

Umwe muri bo yagize ati: “Twese uko turi abana be  barindwi bamwe banditse ku mazina nyayo ya Data, abandi banditse mu mazina ya Kayisire Godfroid.”

Akekwaho Jenoside…

Amakuru UMUSEKE wahawe n’uwari Umuhuzabikorwa w’Inkiko Gacaca mu Karere ka Muhanga n’aka Kamonyi bavuga ko uyu Niyotwisunga Isaïe yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yakatiwe Imyaka 15 n’Urukiko Gacaca rw’Umurenge wa Kiyumba.

Perezida wa IBUKA mu Karere ka Muhanga Ingabire Benoît avuga ko nta makuru yimbitse afite kuri uyu mugabo, ariko ko agiye kubikurikirana kugira ngo amenye ukuri kubimuvugwaho.

Niyotwisunga Isaïe wiyise Kayisire Godfroid atuye mu Mudugudu wa Rugarama, Akagari ka Gifumba Umurenge wa Nyamabuye.

Afite abagore babiri  n’abana barindwi kandi abo bagore bombi nta n’umwe basezeranye mu mategeko.

TAGGED:GitifuIrangamuntuJenosideMuhangaUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwandakazi Yahembewe Kwita Ku Bidukikije
Next Article DRC: Abaturage Miliyoni 44 Baratora Umukuru W’Igihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?