Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Imihanda Yari Yarasondetswe Yatangiye Gusanwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Muhanga: Imihanda Yari Yarasondetswe Yatangiye Gusanwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 January 2024 4:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imihanda mishya ya kaburimbo mu Karere ka Muhanga yari yaringiritse itaratahwa kubera gusondekwa, yatangiye gusubirwamo.

Ibi bikozwe nyuma y’inkuru zanyuze mu itangazamukuru zinenga uko iyo mihanda yubatswe igahita isaduka bidateye kabiri.

Ibi kandi byasakuzwaga n’abaturage bo mu Mirenge ya Shyogwe na Nyamabuye batakambiraga ubuyobozi ko bagenda nabi mu mihanda yapfuye kandi yari imaze igihe gito ikozwe.

Uko gutakamba kwaje kungererwa uburemere n’ibyo Minisiteri y’ibikorwaremezo yiboneye ihita isaba ko iyo mihanda iteye nk’igisoro ihita itangira gusanwa.

Ikigo cy’Abashinwa cyubatse uwo muhanda nicyo cyasabwe gusenya iyo mihanda kikayisana mbere y’uko imurikwa ku mugaragaro.

Imashini zo mu bwoko bwa ‘Caterpillar’ zatangiye kuyisenya kuri iki Cyumweru taliki ya 7 Mutarama 2024, zikaba zahereye  mu muhanda uca munsi y’ikibuga cy’indege zitagira aba Pilote bita Drônes werekeza ku Biro by’Umurenge wa Shyogwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ko amasezerano bafitanye n’iyo Kampani yatsindiye isoko avuga ko bateganya kuwakira mu buryo bwa burundu muri Kanama, 2024.

Avuga ko uwo muhanda ifite uburebure bwa Kilometero zirenga esheshatu ukaba izuzura utwaye miliyari Frw 5 zisaga.

Gusa hari abavuze ko n’ubwo Kampani yahawe isoko ariyo igiye kwirengera igihombo, abakozi  babiri  ba LODA ndetse n’aba Karere ka Muhanga bashinzwe kugenzura ikorwa ry’iyi mihanda bakwiriye gusobanura aho byapfiriye mbere y’uko isubirwamo.

Ababivuga bavuga ko bitangaje kuba abo bakozi baratangaga raporo bavuga ko imirimo igeze ahashimishije nyamara imihanda isondetse.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bavuga ko amakuru bizeye bafite avuga ko hari bamwe muri abo ‘bahawe indonke mu ntoki’ kugira ngo bemeze ko imirimo imeze neza.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutaka,  Imiturire, n’ibikorwaremezo mu Karere ka Muhanga,

Nzabonimpa Onèsphore avuga ko nta ndonke bigeze bakira akavuga ko hari ibyo bari basabye Kampani gukosora kandi bikaba biri muri raporo batanze.

Ati “Ibyo bavuga ni ibinyoma, nta ruswa twafashe baratubeshyera twakoze raporo hari ibyakosowe.”

Kuba Kampani yongeye gusenya iyi mihanda mishya ya Kaburimbo bishobora gukoma mu nkokora amasezerano Kampani ifitanye n’Inzego zibishinzwe.

Gusa nta ngano y’amafaranga amaze gukoreshwa hubakwa iyi mihanda yasenywe aratangazwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga.

Ifoto@UMUSEKE.RW

TAGGED:ImihandaMeyaMuhanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Touadéra Ari Mu Ihurizo Rikomeye
Next Article RIB Yafunze Batatu Ibakekaho Gucura Ibyangombwa Byo Kubaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Bugesera: PSF Yasinyanye N’Ubuyobozi Gufatanya Guteza Imbere Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Rwanda: Imirasire Igiye Gukoreshwa Mu Kuyungurura Amazi Yo Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?