Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Musonera Washatse Kuba Umudepite Araburana Kuri Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Muhanga: Musonera Washatse Kuba Umudepite Araburana Kuri Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 September 2024 9:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Germain Musonera uherutse kuvugwaho gukora Jenoside ariko akiyoberanya kugeza naho yiyamamarije kuba Umudepite wa FPR Inkotanyi agiye kuburanira i Kiyumba mu Karere ka Muhanga.

Amakuru dufite kugeza ubu ni umushinjacyaha atarahagera ariko ababuranyi bo bahageze.

Musonera akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo ibyo yakoreye mu cyahoze ari Komini Nyabikenke, ubu ni mu Murenge wa Kiyumba.

Buvugwa ko uyu mugabo yabaga kuri bariyeri y’Interahamwe kandi yari n’umuyobozi ushinzwe urubyiruko muri iyo Komini.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hari abavuga ko Musonera Germain mwene Kimonyo yari anatunze imbunda.

Iyo mbunda ngo yayihawe ubwo hashingwaga ikitwa batayo Ndiza gitangijwe n’uwari Minisitiri w’Intebe wa Leta yiyise iy’Abatabazi Jean Kambanda kandi imbunda Musonera yari atunze ariho yayiherewe.

Musonera Germain ashinjwa n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Kiyumba ahahoze ari Komini Nyabikenke, kuba yaragize uruhare mu rupfu rwa Kayihura Jean Marie Vianney Se wa Munganyende Jeanette, wishwe ahururijwe n’uyu Musonera ubwo yari yinjiye mu kabari ke ashaka kugura icyo kunywa mbere yo kumwica.

Ibyo byaje gutuma afungwa ariko nyuma abaturage batungurwa no kumubona yarafunguwe.

Hari abakeka ko yaba yaratanze ruswa agafungurwa ataburanye.

- Advertisement -

Nyuma yahise ajya gutura i Butare mu Karere ka Huye ndetse yigisha muri Groupe Scolaire Officiel de Butare.

Yaje kuhava ajya kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda, ahava agaruka gutura i Kigali bituma nta yandi makuru abo yahemukiye bongera kumubonaho.

Mu minsi ishize hari ibaruwa uwitwa Munganyende Jeanette yanditse  ku wa 17, Nyakanga, 2024 akaba umukobwa wa Kayihura Jean Marie Vianney wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Komini Nyabikenke ayandikiye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB asaba ubutabera.

Muri iyo baruwa Munganyende yavuzemo ko mu mwaka wa 1994 ubwo Jenoside yabaga yari muto kuko yanemereye Kigali Today ko yari afite imyaka itandatu, bityo akaba atarabashije gukurikirana Musonera ku rupfu rwa Se.

Handitsemo ko muri iki gihe atuye mu Karere ka Gatsibo ariko yaje kumenya amakuru ko Musonera yagiye iwabo muri Kiyumba ahahoze ari Komini Nyabikenke kwiyamamaza, abamubonye bagatungurwa n’uko bamukekaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Munganyende yandikiye RIB ayimenyesha ko Musonera ari ku rutonde rw’abakandida Depite b’Umuryango RPF Inkotanyi kandi akekwaho ibyo byaha bityo ibye byasuzumwa.

Ku murongo wa Telefone avugana na Kigali Today, Munganyende yayibwiye ko yashenguwe no kumva uwamugize imfubyi agiye kuba Umudepite.

Agira ati: “Musonera yangize imfubyi, sinigeze mbona uko mukurikirana kuko nyuma y’uko amaze gufungurwa mu buryo budasobanutse muri Gereza ya Muhanga, yahise ava iwacu aragenda, nongeye kumva inkuru yaje kwiyamamaza”.

Avuga ko usibye kuba amakuru ya Se wishwe ahururijwe na Musonera azwi na benshi barimo n’abagize uruhare mu rupfu rw’Umubyeyi we Kayihura, hari n’abandi bamushinja ko yabiciye.

Kuri uyu wa Kane nibwo ari bwitabe urukiko mu masaha y’igitondo.

TAGGED:AbadepiteAbatutsifeaturedFPRJenosideMusonera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Irasaba Abamotari Kugira Isuku
Next Article Umushahara Wa Perezida Wa FERWAFA Wazamuwe Cyane
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?