Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Umugabo Wishe Umugore We ‘Bunyamaswa’, Yarashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Umugabo Wishe Umugore We ‘Bunyamaswa’, Yarashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 October 2022 4:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga haravugwa umugabo warashwe n’inzego z’umutekano nyuma yo gushaka kuzirwanya akoresheje umuhoro. Yari amaze igihe gito afashwe ashinjwa kwica umugore we amukase ijosi.

Uyu mugabo yitwaga Niyitamba Gilbert.

Afite imyaka 34 y’amavuko akaba yari asanzwe atuye mu Mudugudu wa Kabuga, Akagari ka Kavumu, Umurenge wa Kabacuzi.

Umugore we yitwaga Charlotte Mukamwiza akaba yari afite imyaka 33.

Ayo mahano yabaye mu ijoro ryo ku wa 30 Nzeri, 2022 riishyira ku ya 01 Ukwakira, uyu mwaka.

Bamwe mu baturanyi ba nyakwigendera babwiye bagenzi bacu bo k’UMUSEKE  umugore yashinjaga umugabo we kumuca inyuma buri gihe.

Bakavuga ko ijoro amwicamo, amakuru yari yacicikanye mu Mudugudu ko  uwo mugabo yafatiwe mu rugo rw’umugabo mugenzi we.

Icyo gihe yarakubiswe biratinda.

Ngo ubwo umugore we witwa Mukamwiza yamubaza ibyo yumvise bamuvugaho, undi yararakaye amukubita icupa  mu mutwe yitura hasi.

Abaturanyi bavuga ko uwo mugabo  yahise afata ibice by’iryo cupa abimukatisha ijosi kugeza avuyemo umwuka.

Abaturage ngo bumvise umuntu ataka barahurura basanga uwo mugabo yifungiranye mu nzu ari kumwe n’uwo murambo.

Mu kanya gato  abaturage bavuga ko bagiye kumva bumva isasu riravuze, bahageze basanze umuhogo wa nyakwigendera Mukamwiza umwobo munini bagakeka ko yabanje gukuramo umutima w’umugore we.

Abaturage bavuga ko nta mezi atatu ashira batumvise inkuru mbi y’umugabo cyangwa umugore wishe uwo bashakanye.

Bagasaba inzego z’ibanze ko zajya zihutira gukemura amakimbirane yo mu ngo kuko iyo adakemuwe ariyo aba intandaro y’imfu za hato na hato.

TAGGED:featuredMuhangaUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burkina Faso: Lt Col Damiba Uherutse Guhirikwa Ku Butegetsi Yahungiye Muri Togo
Next Article Abanyarwanda Ntibagomba Guheranwa N’Ibikomere By’Amateka- Min Gasana Ushinzwe Umutekano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?