Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Umuntu Yapfiriye Mu Kirombe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Muhanga: Umuntu Yapfiriye Mu Kirombe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 July 2025 10:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Byabereye mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Rugengabari.
SHARE

Umwe mu bantu batanu bari bagiye gucukura amabuye y’agaciro mu kirombe kiri Mudugudu wa Muheta, Akagari ka Kanyana, Umurenge wa Rugengabari muri Muhanga bakagwirwa nacyo, yapfuye.

Amakuru avuga ko bamwe muri abo bantu bagwiriwe nacyo ari abanyeshuri bari bagiye yo kuhasaba akazi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Rugendabari, Bizimana Sixbert yabwiye itangazamakuru ko iyo mpanuka y’ikirombe yishe Hakizineza Adrien w’imyaka 25 y’amavuko.

Avuga ko abo banyeshuri bari bagiye kuhasaba akazi ko kuba bakora muri iki gihe cy’ibiruhuko.

Icyo kirombe gisanzwe gicukurwamo amabuye ya coltan na gasegereti.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE banditse ko babwiwe na Gitifu Bizimana ko umwe muri abo bane, arwariye mu bitaro bya Kabgayi.

Ati: “Batatu muri bo bakomeretse mu buryo bidakabije kandi bajyanywe mu kigo Nderabuzima cya Gasovu baravurwa basubira mu rugo”.

Umwe mu banyeshuri bakomeretse afite imyaka 18 naho undi afite imyaka 19.

Ibyo gushyingura byahise bitangira gutegurwa n’ubuyobozi bw’ikigo gicukura amabuye muri kiriya kirombe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye itangazamakuru ko iperereza ryatangiye gukorwa ngo bamenye icyateje iyi mpanuka.

Ati: “Hari igihe impanuka iterwa n’imiterere y’ubutaka, cyangwa igaterwa n’uko abacukura babyitwayemo byose bizerekanwa n’ibizava mu iperereza.”

Ikindi SP Emmanuel Habiyaremye avuga ni uko ikigo gikora ubwo bucukuzi, kibukora mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ubuyobozi bw’Umurenge byabereyemo buvuga ko umuryango wa nyakwigendera uzahabwa impozamarira kubera ko iyi kampani yashinganishije abakozi bayo.

Nyakwigendera Hakizineza Adrien yaraye ashyinguwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane taliki 10, Nyakanga, 2025.

TAGGED:AgaciroGitifuIkirombeMuhangaRugengabariUbucukuziUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahinga Ikawa Bagiye Kwegerezwa Ifumbire Kuri Nkunganire
Next Article DRC: Muri Masisi Haravugwa Umutwe W’Abarwanyi Bashamikiye Kuri FDLR
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?