Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Yafatiwe Muri Banki Ajyanyeyo Amadolari Y’Amakorano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Yafatiwe Muri Banki Ajyanyeyo Amadolari Y’Amakorano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 March 2022 9:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha y’umugoroba taliki 21, Werurwe, 2022 hari umugabo wafatiwe mu Karere ka Muhanga ajyanye muri Unguka Banki amadolari y’Amerika 2000 bivugwa ko yari amakorano.

Yafatiwe mu Kagari ka Ruli kari mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo Superintendent of Police( SP) Theobald Kanamugire avuga kugira ngo abapolisi bafate uriya mugabo byaturutse ku makuru bahawe n’umwe   mu bakozi ba UNGUKA Banki wamuteye imboni.

Yitegereje ariya madolari ntiyashira amakenga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

SP Kanamugire ati: “Umukozi wa Banki yahamagaye Polisi avuga ko hari umuntu uje kuvunjisha amadolari 2,000 y’amanyamerika ngo bamuhe amanyarwanda. Hanyuma bayashyize mu kamashini kagenzura amafaranga basanga ari amiganano. Polisi ikimara kumva ayo makuru yahise ijya kuri iyo Banki koko basanga amakuru niyo niko guhita ifata uwo muntu arafungwa.”

Umukozi wa UNGUKA Banki watanze ariya makuru yashimiwe kuba yayatanze.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo SP Kanamugire yibukije abaturage ko gukora amafaranga cyangwa gukwirakwiza amakorano binanwa n’amategeko.

Ikindi kandi ngo ni uko bigira ingaruka mbi ku bukungu bw’igihugu.

Uwafashwe yashyikirijwe Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo  ya  Nyamabuye ngo hakurikizwe amategeko.

- Advertisement -

Kuba mu gihugu rwagati haboneka ibyaha byari bisanzwe biboneka mu Turere twegereye imipaka biteye impungenge.

Mu minsi micye ishize Polisi yafatiye mu Karere ka Ruhango abantu bane bari bafite udupfunyika ibihumbi 18 tw’urumogi.

Nabo ngo bafashwe kubera kubera amakuru Polisi yahawe n’abaturage.

Bafatiwe mu Murenge wa Ruhango, Akagali ka Nyamagana, Umudugudu wa Kigimbu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko mu bafashwe hari uwo barusanze iwe.

Umwe mu basesengura iby’umutekano yabwiye Taarifa ko kuba ibyaha birimo gukora amafaranga no gucuruza urumogi bisigaye bikorerwa no mu Turere turi mu gihugu rwagati( Muhanga na Ruhango) ari ikibazo.

Ati: “ Birashoboka ko hari umuntu waba warinjiranye akamashini gakora amafaranga[kuri iyi ngingo ni amadolari] akaba atuye muri Muhanga. Gukora amafaranga no gucuruza urumogi rwinshi byari bimenyerewe muri Rubavu, Rusizi, Burera n’ahandi ku mipaka…”

Avuga ko igikwiye ari ugukora iperereza rihagije hakamenyekana niba nta bantu baba bari muri turiya turere baraciye inzego z’umutekano mu rihumye bagakorera biriya byaha rwagati mu Rwanda.

Ku byerekeye icyaha cyo gukora cyangwa gukwirakwiza amafaranga, amategeko y’u Rwanda agira ati:

Ingingo ya 269: Kwigana, guhindura amafaranga cyangwa ibyitiranywa nayo cyangwa kubikwirakwiza Umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa nayo, impapuro zifite agaciro k’amafaranga y’igihugu zashyizweho umukono n’inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n’izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).

TAGGED:AmadolariBankifeaturedMuhangaPolisiRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Rwamagana Ikigo Nderabuzima Cyakoresha Amazi Y’Imvura Cyahawe Amazi Meza
Next Article Ndimbati Imbere Y’Urukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?