Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Yishwe N’Igitaka Cyamanuwe Na Caterpillar
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Yishwe N’Igitaka Cyamanuwe Na Caterpillar

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 June 2023 8:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Muhanga hari umugabo witwa Nyabyenda Straton w’imyaka 49 wapfuye nyuma yo kugwirwa n’igitaka cyamanuwe n’imashini ifasha abacukura amabuye y’agaciro gukora akazi kikamurengera akabura umwuka.

Yari yagiye kwahira ubwatsi bw’amatungo ye.

Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Karambo, Akagari ka Butare mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga.

Iriya mashini ni iy’ikigo gicukura amabuye y’agaciro kitwa COMAR.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kabacuzi bwabwiye itangazamakuru ko uriya mugabo yahuye n’iriya mpanuka avuye gucukurana amabuye na bagenzi be, we abasezeraho ajya kwita ku matungo ye.

We na bagenzi be barangije gucukura, mu masaha ya nimugoroba, Nyabyenda abwira abo bakorana ko agiye kwahira ubwatsi bw’amatungo ye.

Byabereye mu Murenge wa Kabacuzi

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabacuzi,

Ndayisaba Aimable uyobora Umurenge wa Kabacuzi  avuga ko munsi y’icyo kirombe hari imashini nini bifashisha mu bucukuzi (Caterpillar) ikaba ari yo yaje kumanura ibitaka bimanukana n’umusozi Nyabyenda yahiragaho ubwatsi biramurengera, abura uko ahumeka arapfa.

Ku rundi ruhande, hari abaturiye kiriya kirombe bavuga ko nyakwigendera atigeze asohoka mu kirombe, ahubwo ko umusozi wamanutse ari imbere mu cyobo bacukuramo uramutwikira.

- Advertisement -

Ikindi ngo ni uko atari ubwa mbere abakozi ba COMAR bagwa mu kirombe kubera ko hamaze gupfa bane nk’uko abaturage babyemeza.

Ibi byatumye hari imwe muri sites z’iki kigo yafunzwe.

Site Ubuyobozi bw’Akarere bwafunze yari imaze amezi atanu ihagaritswe.

Kimwe mu birombe bya COMAR.([email protected])

Nyabyenda Straton yakomokaga mu Mudugudu wa Gasharu, Akagari ka Giko, Umurenge wa Kayumbu mu Karere ka Kamonyi.

Asize umugore n’abana icyenda, umurambo we ukaba wajyanywe mu Bitaro bya Kabgayi gukorerwa isuzuma.

TAGGED:AgaciroAmabuyeIkirombeUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruvuga Ko Kera Kabaye UN Yemeje Ko FDLR Ikorana Na Kinshasa
Next Article Inzozi Za Victor Wembanyama Zo Gukina Muri NBA Zabaye Impamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbutabera

Kigali: Mu Minsi 10 Polisi Imaze Gufata Ibilo 50 By’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?