Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Yishwe N’Igitaka Cyamanuwe Na Caterpillar
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Yishwe N’Igitaka Cyamanuwe Na Caterpillar

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 June 2023 8:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Muhanga hari umugabo witwa Nyabyenda Straton w’imyaka 49 wapfuye nyuma yo kugwirwa n’igitaka cyamanuwe n’imashini ifasha abacukura amabuye y’agaciro gukora akazi kikamurengera akabura umwuka.

Yari yagiye kwahira ubwatsi bw’amatungo ye.

Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Karambo, Akagari ka Butare mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga.

Iriya mashini ni iy’ikigo gicukura amabuye y’agaciro kitwa COMAR.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kabacuzi bwabwiye itangazamakuru ko uriya mugabo yahuye n’iriya mpanuka avuye gucukurana amabuye na bagenzi be, we abasezeraho ajya kwita ku matungo ye.

We na bagenzi be barangije gucukura, mu masaha ya nimugoroba, Nyabyenda abwira abo bakorana ko agiye kwahira ubwatsi bw’amatungo ye.

Byabereye mu Murenge wa Kabacuzi

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabacuzi,

Ndayisaba Aimable uyobora Umurenge wa Kabacuzi  avuga ko munsi y’icyo kirombe hari imashini nini bifashisha mu bucukuzi (Caterpillar) ikaba ari yo yaje kumanura ibitaka bimanukana n’umusozi Nyabyenda yahiragaho ubwatsi biramurengera, abura uko ahumeka arapfa.

Ku rundi ruhande, hari abaturiye kiriya kirombe bavuga ko nyakwigendera atigeze asohoka mu kirombe, ahubwo ko umusozi wamanutse ari imbere mu cyobo bacukuramo uramutwikira.

Ikindi ngo ni uko atari ubwa mbere abakozi ba COMAR bagwa mu kirombe kubera ko hamaze gupfa bane nk’uko abaturage babyemeza.

Ibi byatumye hari imwe muri sites z’iki kigo yafunzwe.

Site Ubuyobozi bw’Akarere bwafunze yari imaze amezi atanu ihagaritswe.

Kimwe mu birombe bya COMAR.(Ifoto@UMUSEKE.RW)

Nyabyenda Straton yakomokaga mu Mudugudu wa Gasharu, Akagari ka Giko, Umurenge wa Kayumbu mu Karere ka Kamonyi.

Asize umugore n’abana icyenda, umurambo we ukaba wajyanywe mu Bitaro bya Kabgayi gukorerwa isuzuma.

TAGGED:AgaciroAmabuyeIkirombeUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruvuga Ko Kera Kabaye UN Yemeje Ko FDLR Ikorana Na Kinshasa
Next Article Inzozi Za Victor Wembanyama Zo Gukina Muri NBA Zabaye Impamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Amerika Yagabye Igitero Muri Syria

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

You Might Also Like

Mu Rwanda

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?