Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhumure Iminsi Mibi Yarahise, Ubutumwa Bugenewe Incike Za Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhumure Iminsi Mibi Yarahise, Ubutumwa Bugenewe Incike Za Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 March 2021 3:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubu butumwa bwatanzwe na Joséphine Murebwayire Umuyobozi  Mukuru wungirije wa AVEGA Agahozo ubwo yaganirizaga abakecuru b’incike za Jenoside yakorewe Abatutsi bahuriye mu Karere ka Kamonyi mu rwego rwo kubategurira kuzibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bakomeye.

Byavugiwe mu gikorwa ngarukamwaka cy’Umwiherero w’Ubudaheranwa utegurira ababyeyi b’Intwaza [badatuye mu Impinganzima], kwinjira mu bihe byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Madamu Murebwayire yababwiye ati:  “Muhumure iminsi mibi yarahise, dufite abayobozi b’igihugu badukunda kandi batwitaho, badufasha mu urugendo rwo kwiyubaka.”

Yabasabye ko ubwo Abanyarwanda muri rusange n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko bagiye kuyibuka, bagombye kwinjira mu bihe byokwibuka, ariko bakibuka badasenyuka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma yo kubwirwa ko bagomba kwihangana, bakibuka ariko badaheranwa n’agahinda, aba babyeyi baganirijwe n’umuhanzi  Maria Yohana abaha ikiganiro ku nsanganyamatsiko igira iti:  “Shimwa Mwami Yezu shimwa, ushimwe kuko wampaye kwakira…”

Ababyeyi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagasigara ari incike bahabwa kandi ubufasha bw’isanamitima n’Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barangije Kaminuza, GAERG hamwe n’abandi bakiga witwa AERG.

Abagize iyi miryango kandi bafasha aba babyeyi kuba mu nzu zikomeye, basannye cyangwa bakubaka izindi nshya.

Madamu Murebwayire aganiriza bariya babyeyi

Ihumure no gufasha abarokotse gusaza neza birakenewe.

Ubushakashatsi bwasohotse muri 2018 bwakozwe Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC ku byerekeye uburwayi bwo mu mutwe mu Banyarwanda bwagaragaje ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ba18% by’Abanyarwanda barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi babana n’indwara y’agahinda gakabije.

- Advertisement -

Nyuma y’icyo gihe Dr Yvonne Kayiteshonga yageze kubwira Umuseke.rw ko umuntu ufite indwara y’agahinda gakabije iyo atitaweho ngo yerekwe urukundo, ashobora kwiyahura.

Ikindi yavuze ko ni uko ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi ari zo zatumye abayirokotse cyane cyane abageze mu za bukuru barwara indwara y’agahinda gakabije kuko baba babona ko bashaje nabi kandi barahoranye abana n’abuzukuru.

Dr Yvonne Kayiteshonga
TAGGED:AbapfakaziAgahindaAVEGAfeaturedIntwazaJenosideKwibuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imirimo Yose Igendanye N’Irangiza Ry’Inyandikompesha ‘Yahagaritswe’
Next Article Hafashwe Toni 8.7 Z’Urumogi Na Héroïne
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?