Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2025 9:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Righathi Gachagua wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya.
SHARE

Righathi Gachagua wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya yasezeranyije abaturage ko nibahitamo neza bakamutora mu matora y’Umukuru w’igihugu yo mu mwaka wa 2027, azasubiza Kenya icyubahiro yahoranye kubwa nyakwigendera Perezida Mwai Kibaki.

Mu mwaka wa 2027 nibwo hateganyijwe amatora y’Umukuru w’igihugu muri Kenya azaba agamije gushyiraho uwasimbura William Ruto cyangwa se akaguma ku butegetsi bitewe n’ibizayavamo.

Iby’uko azesa iyo mihigo, Gachagua yabivugiye mu rusengero ruri i Nyeri County, avuga ko igihe gishize cyose, abayobozi ba Kenya bayidindije  mu majyambere, akemeza ko natorwa ibyo azabikosora.

The Nation isubira mu byo yavuze, yanditse iti: “ Abanya Kenya nibantora bazaba bagize neza. Sinabasezeranya ibinyoma ariko ndabizeza ko nshaka kuzasubiza iki gihugu icyubahiro cyahoranye mu bukungu no mu bwema ubwo cyayoborwaga n’umusaza nyakwigendera Mwai Kibaki.”

Kibaki yategetse Kenya guhera mu Ukuboza 2002 kugeza muri Mata, 2013.

Yavuze ko bibabaje kuba igihugu cye muri iki gihe gifitiye ibigo by’imari n’ibihugu umwenda wa Tiriyari Ksh.12.

Ati: “ Singiye kubasezeranya ko nzubaka imihanda, ingomero n’ibindi n’ibindi. Icyo mbabwira ni uko ubuzima bw’igihugu cyacu buri habi kuko umwenda wa Tiriyari Ksh.12 ari munini cyane kandi ibi bigomba guhinduka rwose.”

Uyu muyobozi w’ishyaka The Democracy for the Citizens Party (DCP) yavuze ko mu miyoborere ye, azakora ku buryo hari ibihinduka mu byari byarashyizweho n’ubutegetsi bwa William Ruto yigeze kubera Visi Perezida bakaza gupfa ibibazo bya politiki.

Mu magambo ye, Gachagua yavuze ko igihe nikigera agatorwa azagarura uburyo buhamye bwo gutuma abaturage ba Kenya bivuza neza, ubukode bw’inzu ntiburemerere cyane abaturage kandi hakabaho uburezi butangirwa ubuntu.

Gachagua kandi yashidikanyije ku mashuri ya Perezida Ruto, avuga ko nubwo afite impamyabumenyi y’ikirenga( PhD) bitabuza umuntu kumwibazaho.

Kuri we, Ruto ntashoboye kuyobora ndetse n’iyo mpamyabumenyi ngo ni iyo gukemangwa.

Ati: “ Nubwo avuga ko yize akaminuza birenze, nta kintu kibigaragaza mu myaka itatu amaze ku butegetsi.”

Righathi Gachagua kandi yavuze ko Perezida William Ruto( amuhimba Kasongo) atazarenza Manda imwe, akemeza ko azakora ibishoboka byose ibyo bikaba.

Yavuze ko abatavuga rumwe na Ruto bose ari bo Kalonzo Musyoka, Martha Karua, Dr. Fred Matiangi cyangwa Eugene Wamalwa bagomba kuzishyira hamwe bagakuraho William Ruto.

TAGGED:AmatorafeaturedKenyaKwiyamamazaPerezidaRighathiRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Batangiye Gukingira Ebola
Next Article Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?