Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Murakaza Neza Muri Israel- Perezida Herzog Abwira Ambasaderi W’U Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Murakaza Neza Muri Israel- Perezida Herzog Abwira Ambasaderi W’U Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2021 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Israel Isaac Herzog yakiriye Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel Bwana James Gatera. Herzog yamubwiye ko u Rwanda ari inshuti magara ya Israel muri Afurika.

Yongeyeho ko kuba Israel nayo ifite Ambasade i Kigali ari ikintu cyiza cyerekana ko umubano w’ibihugu byombi ari mwiza kandi uzaramba.

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr Ron Adam yigeze kubwira Taarifa ko igihugu cye gifitiye u Rwanda umugambi mwiza wo kurufasha mu iterambere ryarwo kandi mu nzego nyinshi.

Murakaza neza to Israel, @RwandaIsrael Amb. @JamesGatera! Rwanda is one of Israel's greatest friends in Africa. With a new Israeli embassy in Kigali, excited to deepen our ties in agriculture, development, security and more.🇮🇱🤝🇷🇼 pic.twitter.com/2X8vISzz1v

— יצחק הרצוג Isaac Herzog (@Isaac_Herzog) December 6, 2021

Adam yatubwiye ko hari gahunda y’uko Israel izafasha Abanyarwanda kujya ku kwezi gukorera yo ubushakashatsi.

Mu butumwa Ambasaderi w’iki gihugu mu Rwanda yagejeje ku Banyarwanda ubwo bizihizaga Umunsi wo kwibohora, Dr Ron Adam yavuze ko abaturage ba Israel  bazahora bakorana n’ab’u Rwanda  mu rugendo rwo kwibohora kugamije iterambere rirambye.

Ryavugaga ko imyaka 27 ishize u Rwanda rubohowe rwerekanye ko rukataje mu iterambere.

Hari Abanyarwanda benshi bari muri Kaminuza zitandukanye za Israel.

Bagiye kurahura yo ubwenge mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi, ubworozi, ikoranabuhanga ryifashisha mudasobwa, iby’umutekano,n’ibindi.

Hagati aho hari abaturage ba Israel bari mu Rwanda mu bikorwa bitandukanye birimo ubucuruzi, ibikorwa by’ubuhinzi n’ibindi.

Israel imaze koroza inka za kijyambere abaturage bo mu turere dutandukanye turimo Gusagara, Nyamasheke na Rulindo.

Ibikora binyuze mu kigo cya Israel gishinzwe iterambere mpuzamahanga, MASHAV.

TAGGED:AmbasaderifeaturedIsraelKaminuzaPerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umupolisi W’Inkoramahano
Next Article Mu Byo Gen Abel Kandiho Yazize Haba Harimo Abanyarwanda?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?