Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Eng. Murenzi Yahunze Ibyo Aregwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Eng. Murenzi Yahunze Ibyo Aregwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 February 2021 7:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha Dr Thierry B Murangira mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri yabwiye Taarifa ko bahamagaje Daniel Murenzi n’abandi bavugwa mu idosiye yo gukoresha nabi amafaranga ya Diaspora nyarwanda barabazwa.

Amakuru twamenye mu masaha y’umugoroba avuga ko Murenzi yahunze.

Umuvugizi wa RIB  yatubwiye  ko Daniel Murenzi yitabye Urwego rw’Ubugenzacyaha mu ‘bihe bitandukanye’ arabazwa.

Avuga ko yatumijwe nyuma y’uko bari abanyamuryango ba Diaspora nyarwanda bagejeje ikirego kuri RIB bavuga ko uriya mugabo yakoresheje umutungo wabo nabi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Dr Thierry B Murangira yagize ati: “RIB yakiriye ikirego cy’abanyamuryango ba Diaspora, barenga Uwitwa Murenzi  Daniel bavuga ko yakoresheje umutungo wabo  nabi mu mushinga wo kwiyubakira amacumbi i Nyamirambo.”

Umuvugizi wa RIB avuga ko ikirego cyabo bacyakiriye, bamwe barabazwa ndetse na Murenzi arabazwa.

Abajijwe igihe Murenzi yitabiye ruriya rwego, Murangira yadusubije ko atari butubwire umunsi kuko atawibuka, ariko ko Bwana Daniel Murenzi yitabye mu bihe bitandukanye.

Avuga ko nyuma yo kumva impande zose, RIB yasabye ko hashyirwaho Komite y’ubugenzuzi( Audit) yigenga kugira ngo icukumbure uko ikibazo giteye nyuma izabagezeho ibyavuyemo nabo babone kubitangaza.

Haribazwa uko Murenzi yitabye RIB kandi adaheruka mu Rwanda…

- Advertisement -

Umwe mu bagize Komite y’Abanyarwanda bo muri Diaspora bashinja Murenzi ubuhemu yatubwiye ko icyo yibuka neza ari uko Daniel Murenzi amuheruka tariki 27, Mata, 2019.

Ariko Taarifa ikaba iheruka kumubona mu Rwanda umwaka ushize.

Muri Mata, 2019, yari yaje mu nama yabereye mu cyumba cy’Akarere ka Nyarugenge yitabiriwe n’abantu batandukanye.

Umwe mu bari bitabiriye iriya nama yatubwiye ko Akarere ka Nyarugenge kari gahagarariwe n’uwitwaga Cesar.

Icyo gihe yari yaje kubasobanurira aho agejeje umushinga bamushinze.

Uwaduhaye amakuru yibajije ukuntu RIB yaba yarahamagaje Murenzi akurikiranyweho icyaha ntimwambure passport y’aba diplomate kugira ngo abone uko akurikiranwa.

Ikindi ni uko hari abagize iriya Komite batubwiye ko niyo RIB yaba yaremeje ko habaho Audit ariko itegeze imenyesha abagize Komite, ngo bamenye ibyo aribyo.

Kuri iyi ngingo ariko Umuvugizi wa RIB, Dr Thierry B Murangira avuga ko babibamenyesheje nyuma  gato y’uko basabye ko hajyaho ‘Audit.’

Mu nkuru za mbere abagize Komite ihagarariye abavuga ko bakorewe uburiganya na Murenzi bari batubwiye ko RIB yirengagije ikirego cyayo ivuga ko ari ‘petition.’

TAGGED:DiasporafeaturedMurangiraMurenziRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushyamirane hagati y’Abanyamakuru b’Imikino na Lisa wa FERWAFA || bimwe mubikorwa bigayitse byaranze abaserukiye abanyarwanda
Next Article Umukozi wa FERWAFA Avugwaho Kuba Urucantege Mu Itsinda Ryaherekeje Amavubi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?