Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri DRC Mugiga Imaze Gutuma Abantu 129 Bapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Muri DRC Mugiga Imaze Gutuma Abantu 129 Bapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2021 2:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Indwara ifata imyakura yo mu bwonko bita Meningitis imaze gutuma abantu 129 mu bandi 267 yafashe bapfa. Abibasiwe ni abo mu Ntara yitwa Tshopo kari mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Iyi ndwara yatangiye kuvugwa bwa muri kariya gace mu kwezi wa Kamena, 2021.

Ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters bivuga ko amakuru y’ubukana bw’iyi ndwara yaraye  atangajwe na Minisitiri w’ubuzima wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Tshopo yitiriwe umugezi wa Tshopo uyicamo hagati.

Mugiga iterwa ni iki?

Hari umuganga wasobanuriye Taarifa ko kugira ngo umuntu arware mugiga biterwa n’uko hari microbes ziba zashoboye kurenga umupaka karemano urinda ubwonko kwandura.

Ni umupaka mu kiganga bita’ Blood Brain Barrier’.

Igice cy’ubwonko gishinzwe kuburinda microbes kitwa Blood Brain Barrier

Kubera ko ubwonko bw’umuntu ari inyama ifite akamaro kanini, bufite umutaka uburinda ko hari udukoko twabwanduza.

Kubera impamvu zitandukanye, hari ubwo za microbes zibasha kubwinjiramo bityo umuntu akarwara indwara abahanga bita meningitis , Abanyarwanda bise Mugiga.

Bimwe mu bimenyetso bya Mugiga ni ukugira umuriro myinshi, umuntu agatakaza ubwenge mu gihe runaka, kandi uku gutakaza ubwenge biba bishobora gushyira ubuzima bwe mu kaga kuko bibaye ari nko mu gikoni ashobora gushya.

Umuganga yabwiye Taarifa ko indwara ya Mugiga itagaragara cyane mu Rwanda. Ikindi ni uko iyi ndwara itandura.

Bimwe mu bimenyetso bya mugiga harimo umuriro, guhinda umushyitsi, kuruka n’ibindi
TAGGED:DemukarasifeaturedMugigaRepubulikaUbwonko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusore W’I Kayonza Yicishije Nyina Ishoka
Next Article Ku Rusumo Hafatiwe Ikamyo Yibwe Muri Afurika Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?