Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Equity COVID ‘Ntiyabaye Ikibazo Gikomeye’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Muri Equity COVID ‘Ntiyabaye Ikibazo Gikomeye’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 June 2021 5:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean Claude Gaga ushinzwe ubucuruzi muri Banki ya Equity yavuze ko kuba bararebye kure bagakoresha ikoranabuhanga mbere, byatumye COVID-19 itabagiraho ingaruka kuko ngo abantu bakomeje kubona serivise zabo.

Avuga ko bihanganiye abakiliya babo muri iki gihe isi n’u Rwanda by’umwihariko biri guhangana na COVID-19 kuko basanze bitaba bikwiye kunama ku muntu n’ubundi usanzwe afite ibibazo kandi atikururiye.

Gaga avuga ko mbere y’uko icyorezo COVID-19 cyaduka mu Rwanda, Equity Bank yari yarashyize ho uburyo abakiliya bashobora kubikuza bitabaye ngombwa ko bajya kuri banki kandi ngo ibi byarafashije mu gihe cya Guma mu Rugo ndetse na nyuma y’aho kuko inzego z’ubuzima zabujije abaturage gukorakora amafaranga.

Kugeza n’ubu kandi niko bikimeze.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Taarifa yamubajije  icyo Equity Bank irusha izindi banki 16 zisigaye zikorera mu Rwanda, Jean Claude Gaga avuga ko iriya banki ari yo yonyine mu Rwanda umuntu ashobora gufunguza compte/account bitabaye ngombwa ko ajya aho banki ikorera.

Jean Claude Gaga  avuga ko ikintu cya mbere bashaka ari uko banki akorera iba intangarugeromuri byose.

Hagati aho umunyarwenya Benimana Ramdhan  uzwi nka Bamenya azi byinshi kuri gahunda za Equity kandi yiteguye kuzibagezaho bidatinze.

Hari andi makarita batangije mu bucuruzi mu Rwanda…

Ubuyobozi bwa Equity kandi bwatangije ikoreshwa ry’andi makarita yo gufasha abakiliya bayo kugera kuri serivisi zitandukanye harimo amakarita umuntu ashobora kubikuzaho amafaranga bitabaye ngombwa ko ayacengeza mu cyuma bita POS. Ubwo buryo babwita contactless.

- Advertisement -

Umukiliya ashyira ikarita ku kuma kabugenewe kitwa POS bakamusaba umubare w’ibanga ukishyura bitabaye ngombwa ko uyicengeza mu cyuma.

Ibi ngo ni ingenzi cyane cyane muri iki gihe abantu birinda gukora ku mafaranga mu rwego rwo kwirinda ubwandu bwa COVID-19.

Amakarita yose Equity itanga afite uburyo bwa contactless, uyu ukaba umwihariko wabo nk’uko babyemeza.

Equity kandi yatangije ikarita igenewe abashaka kubitsa cyangwa kubikuza amadolari bise USD Debit Card.

Umutekano urizewe…

Madamu Salma Ingabire uhagarariye Visa Card mu Rwanda yasuije umunyamakuru wa Taarifa ko ikigo cy’Abanyamerika akorera gishinzwe iby’amakarita ya VISA n’ubwo bashyizeho uburyo bwo kurinda abakiliya kwibwa amafaranga ariko ngo umuntu wa mbere ugomba kwirindira umutekano ari umukiliya ubwe, akirinda kwandagaza umubare we w’ibanga.

Utaribwa ntamenya gukinga ariko ikiza ni ukwirinda kurusha kwivuza

Ingabire avuga ko akazi kabo nka VISA bagakora kandi bizeye ko abakiliya babo bose aho bari mu Rwanda bazarindirwa umutekano.

Kugeza ubu Equity Bank ifite amashami 15 mu Rwanda, ikaba ari umwe muri Banki z’Abanya Kenya zashoye imari mu Rwanda.

Imibare iherutse gutangazwa na Banki nkuru ya Kenya yerekana ko u Rwanda ari cyo gihugu cya mbere mu Karere k’Afurika y’i Burasirazuba giha inyungu banki zayo.

Raporo y’iriya banki nkuru ya Kenya (umwaka wa 2020) yerekana ko abashoramari mu bya banki bo muri Kenya bangukiye mu Rwanda amafaranga angana na miliyoni 33.17$ ni ukuvuga amashilingi ya Kenya angana na miliyari 3.55Ksh.

Banki zo muri Kenya zikorera mu Rwanda ni Equity, KCB, NCBA na I&M Bank.

Salma Ingabire uyobora Visa Card mu Rwanda yakira umwe ‘mu bana’ ba Equity.J ean Claude Gaga ku ruhande
Benimana wamenyekanya nka Bamenya
TAGGED:BankiEquityfeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nsabimana ‘Sankara’ Yagombaga Gusabirwa Gufungwa Burundu, Asabirwa Imyaka 25
Next Article Ambasaderi Wa USA Yafunguye Ishuri Ryigisha Igare Rya Adrien Niyonshuti
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?