Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Kimihurura Abantu Bane Bapfuye, Bikekwa Ko Bazize Inzoga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Muri Kimihurura Abantu Bane Bapfuye, Bikekwa Ko Bazize Inzoga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2021 1:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Kimihurura, Umurenge wa Kimihurura haravugwa inkuru mbi y’urupfu rw’abantu bane bivugwa ko bapfuye nyuma yo kunywa inzoga zitwa Umuneza n’indi yitwa Imberabose.

Umuyobozi nshingwabikorwa wungirije w’Akarere ka Gasabo Bwana Regis Mudaheranwa yabwiye Taarifa ko amakuru y’urupfu rw’abo bantu yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.

Avuga ko bariya bantu baguye ahitwa mu Myembe mu Kagari ka Kimihurura mu Murenge wa Kimihurura muri Gasabo.

Amafoto arimo inzoga bivugwa ko ari zo bazize, arerekana ko ziriya nzoga atari iz’ubwoko bumwe.

Imwe yitwa Umuneza, indi yitwa Imberabose

Mudaheranwa yirinze kugira byinshi atangaza kucyaba cyishe bariya bantu, avuga ko abo mu Bugenzacyaha ari bo bari burebe neza icyaba cyabiteye nyuma yo gupima imirambo ndetse n’ibikubiye muri ibyo binyobwa.

Mudaheranwa Regis (Photo@KigaliToday)

Twagerageje kuvugisha abakora mu Ishami ry’Itumanaho mu Kigo cy’u Rwanda gishinzwe ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti ngo bagire icyo batubwire niba ibinyobwa bwitwa Umuneza na Imberabose biri ku rutonde rw’ibyemewe kunyobwa n’Abanyarwanda ariko ntibitabye telefoni yabo igendanwa.

Ubuvugizi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha nabwo ntibwatwitabye ngo butubwire niba  hari iperereza ryaba ryatangijwe ngo hemenyekane niba biriya burozi bwaba bashyizwe muri biriya binyobwa byahitanye abantu bane icyarimwe.

 

 

TAGGED:featuredGasaboInzogaKimihururaMudaheranwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 4600 Bafashwe Kuri Noheli Barenze Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19
Next Article Perezida Wa Somalia Yahagaritse Minisitiri W’Intebe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?