Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Sena Hanengewe Serivisi Za Banki Zo Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muri Sena Hanengewe Serivisi Za Banki Zo Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2022 1:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Ngoro Sena y’u Rwanda ikoreramo habereye inama yari igamije kureba uko serivisi z’imari zihabwa abaturage. Abanyarwanda baba mu mahanga bari bitabiriye iriya nama banengeye imbere ya Perezida wa Sena imikorere irandaga ya ‘Banki zo mu Rwanda.’

Bagarutse kandi no ku mikorere y’uburyo ikoranabuhanga bita IREMBO rikora bavuga ko rigenda biguru ntege!

Ibi ndetse n’ibindi byahavugiwe bikubiye mu Nama nyunguranabitekerezo yateguwe na Sena y’u Rwanda igamije kureba uko abaturage b’u Rwanda bagezwaho serivisi z’imari mu buryo budaheza.

Perezida wa Sena watangije iriya nama  yagaragaje ko kuyunguranaho ibitekerezo bigomba gushimangira intambwe u  Rwanda rumaze kugeraho.

Bigomba kandi gukorwa  hazirikanwa ko intego y’u Rwanda ari uko mu 2024, Abanyarwanda bose bazaba bageze ku myaka y’ubukure bazaba bashobora gukoresha serivisi z’imari 100%.

Muri iriya nama abavugiye Abanyarwanda baba mu mahanga  bavuze ko murandasi mu Rwanda ifite ikibazo cyo kugenda gahoro ndetse ngo bahura n’ingorane zo kubona serivisi zitangirwa kuri murandasi binyuze ku IREMBO.

Bavuze ko serivisi za Banki akenshi zitihuta, basaba ko hanozwa imikorere yihuse kandi myiza.

Perezida wa Sena Dr Augustin Iyamuremye yagarutse ku bibazo bigaragazwa n’abaturage bijyanye n’uburyo Ibigo by’imari byubahiriza Itegeko ryo kurengera umuguzi wa serivisi y’imari.

Harimo kandi ko biriya bigo bigomba gukorera  mu mucyo no kugira inama abaguzi ba serivisi y’imari.

Akenshi ibigo by’imari  bihugira  mu kubara inyungu no kwishyuza inguzanyo ariko ntibishyira imbaraga mu gukangurira abaturage kwitabira iby’imari ndetse no kumva ibibazo byabo ngo bikemuke.

Dr Iyamuremye ati: “ Kugira ngo tugere ku iterambere twifuza rishyira umuturage ku isonga, bidusaba guhuza imyumvire ku bibazo bitandukanye bibangamiye igihugu cyacu, kumva imiterere y’imbogamizi zihari, no gushyira hamwe ubushake bwo kubikemura, dufatanyije.”

Perezida wa Sena Dr Augustin Iyamuremye yibukije abayobozi ko umuturage ari we songa ry’ubuyobozi

Perezida wa Sena y’u Rwanda Dr Augustin Iyamuremye yashimiye abayobozi bitabiriye iriya nama , avuga ko ubwitabire bwabo bugaragaza ubushake bafite n’inzego bahagarariye, mu guharanira iterambere n’imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Kuri Perezida wa Sena icy’ingenzi ni uko buri muyobozi agomba kugira intego y’uko umuturage wese abaho neza.

Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo na Minisitiri w’imari n’igenamigambi ndetse na Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda bitabiriye iriya nama
Abayobozi bakuru muri Sena y’u Rwanda bayoboye iriya nama nyunguranabitekerezo

Uruhare Rw’Ikoranabuhanga Mu Kuzahuka K’Urwego Rw’Imari Mu Rwanda

TAGGED:BankifeaturedImariSenaSerivisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagore Ni Ingenzi Mu Kunga Abafitanye Amakimbirane
Next Article Ikigo Kiga Iby’Ingagi Kizadufasha Kuzikorera Igenamigambi- Min W’Intebe Dr Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?