Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Avuga Ko Abaje Kuzimya Inzu Ye Basize Bamwibye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Musanze: Avuga Ko Abaje Kuzimya Inzu Ye Basize Bamwibye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2023 7:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo witwa Emmanuel Maniragaba wo mu Murenge wa Cyuve aherutse kugira ibyago inzu ye irashya. Avuga ko abaje kumutabara batakoze icyo gikorwa cyiza gusa ahubwo ngo basize bamwibye Frw 730,000.

Yabwiye itangazamakuru ko ayo mafaranga yari ayabikiye umuturanyi we.

Maniragaba avuga ko ubwo abantu basohoraga ibintu ngo batunganye inzu ye yari yahiye, hari umwe cyangwa benshi babonye izo note baraziterura.

Byatangiye ubwo uyu mugabo n’umugore we bari bari mu murima bahinga bagiye kumva bumva akaruru karavuze ngo inzu yabo irahiye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Barambitse amasuka hasi batabara bwangu.

Hari mu ma saa yine.

Yabwiye Kigali Today ko ubwo basohoraga ibintu bimwe na bimwe ngo bidashya, ndetse icyo gihe ngo Polisi yari yaje kuzimya inzu, ari bwo bamwibye.

Yari amafaranga yari abikiye umuturanyi we wari uherutse kugurisha inka ze ebyiri yari asangiye n’umuvandimwe we aba ayamubikije ngo azayamuhe mu gihe cyari bukurikireho abone uko ayagabana n’uwo mugenzi we.

Abajijwe impamvu yabitse amafaranga menshi kandi atari aye yasubije ati:  “Bakimara kugurisha inka zabo ebyiri, bagiranye amakimbirane ntibumvikana neza icyo bazakoresha ayo mafaranga.  Njye nk’Umuyobozi w’Isibo bangirira icyizere bansaba kuba nyababikiye mu gihe bagitekereza icyo bayakoresha”.

- Advertisement -

Maniragaba yari asanzwe ari Mutwarasibo.

Yayabitse munsi ya matola araraho, muri uko gusohora ibintu ubwo inzu yari imaze gufatwa n’inkongi ayoberwa uwasohoye matola .

Aho niho yahereye avuga ko byanze bikunze bayamwibye kandi yibwe n’abaje kumutabara.

Mu kugenekereza, avuga ko abantu baje kumutabara bageraga kuri 400 bityo rero ngo ntiyari buhite amenya cyangwa akeka runaka ko ari we waba wamutwariye amafaranga y’indagizanyo.

Ati “Abaturage baje kuntabara bageraga muri 400, ntabwo nari kumenya uwasohoye matola akamenya aho amafaranga yari abitse, nkaba nkeka ko uwayisohoye ari we wayatwaye.”

Avuga ko Polisi na RIB batangiye iperereza kuri ubwo bujura bwa ba rusahurira mu nduru ariko ubwo yatangaga amakuru mu mpera z’Icyumweru gishize, nta kanunu k’irengero ryayo yari yamenye!

Inzu ye yabanje gushya uruzitiro rwari rugizwe n’amashami y’inturusu bikongeza n’inzu, k’ubw’amahirwe Polisi ishinzwe kuzimya inkongi ihagoboka itarangirika cyane.

Uretse amafaranga ye avuga ko yibwe, intama n’ihene ze nabyo byarahapfiriye.

Ibigori  n’ibishyimbo nabyo byarahagendeye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru SP Jean Bosco Mwiseneza yemeza ko iyo nzu y’umuturage yafashwe n’inkongi ariko Polisi ifatanyije n’abaturage bayizimya itaratokombera.

SP Mwiseneza arasaba abaturage kwirinda icyo ari cyo cyose cyatera inkongi y’umuriro nko gusiga bacanye mu nzu cyangwa gusiga bacometse gazi.

TAGGED:AmajyarugurufeaturedInkongiIntaraInzuMusanzePolisiUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abana Bafite Munsi Y’Imyaka 7 Bagiye Gukingirwa Imbasa
Next Article Gen Kabarebe Yavuze Uko Byagenda Igisirikare Kijemo Amacakubiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?