Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Avuga Ko Abaje Kuzimya Inzu Ye Basize Bamwibye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Musanze: Avuga Ko Abaje Kuzimya Inzu Ye Basize Bamwibye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2023 7:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo witwa Emmanuel Maniragaba wo mu Murenge wa Cyuve aherutse kugira ibyago inzu ye irashya. Avuga ko abaje kumutabara batakoze icyo gikorwa cyiza gusa ahubwo ngo basize bamwibye Frw 730,000.

Yabwiye itangazamakuru ko ayo mafaranga yari ayabikiye umuturanyi we.

Maniragaba avuga ko ubwo abantu basohoraga ibintu ngo batunganye inzu ye yari yahiye, hari umwe cyangwa benshi babonye izo note baraziterura.

Byatangiye ubwo uyu mugabo n’umugore we bari bari mu murima bahinga bagiye kumva bumva akaruru karavuze ngo inzu yabo irahiye.

Barambitse amasuka hasi batabara bwangu.

Hari mu ma saa yine.

Yabwiye Kigali Today ko ubwo basohoraga ibintu bimwe na bimwe ngo bidashya, ndetse icyo gihe ngo Polisi yari yaje kuzimya inzu, ari bwo bamwibye.

Yari amafaranga yari abikiye umuturanyi we wari uherutse kugurisha inka ze ebyiri yari asangiye n’umuvandimwe we aba ayamubikije ngo azayamuhe mu gihe cyari bukurikireho abone uko ayagabana n’uwo mugenzi we.

Abajijwe impamvu yabitse amafaranga menshi kandi atari aye yasubije ati:  “Bakimara kugurisha inka zabo ebyiri, bagiranye amakimbirane ntibumvikana neza icyo bazakoresha ayo mafaranga.  Njye nk’Umuyobozi w’Isibo bangirira icyizere bansaba kuba nyababikiye mu gihe bagitekereza icyo bayakoresha”.

Maniragaba yari asanzwe ari Mutwarasibo.

Yayabitse munsi ya matola araraho, muri uko gusohora ibintu ubwo inzu yari imaze gufatwa n’inkongi ayoberwa uwasohoye matola .

Aho niho yahereye avuga ko byanze bikunze bayamwibye kandi yibwe n’abaje kumutabara.

Mu kugenekereza, avuga ko abantu baje kumutabara bageraga kuri 400 bityo rero ngo ntiyari buhite amenya cyangwa akeka runaka ko ari we waba wamutwariye amafaranga y’indagizanyo.

Ati “Abaturage baje kuntabara bageraga muri 400, ntabwo nari kumenya uwasohoye matola akamenya aho amafaranga yari abitse, nkaba nkeka ko uwayisohoye ari we wayatwaye.”

Avuga ko Polisi na RIB batangiye iperereza kuri ubwo bujura bwa ba rusahurira mu nduru ariko ubwo yatangaga amakuru mu mpera z’Icyumweru gishize, nta kanunu k’irengero ryayo yari yamenye!

Inzu ye yabanje gushya uruzitiro rwari rugizwe n’amashami y’inturusu bikongeza n’inzu, k’ubw’amahirwe Polisi ishinzwe kuzimya inkongi ihagoboka itarangirika cyane.

Uretse amafaranga ye avuga ko yibwe, intama n’ihene ze nabyo byarahapfiriye.

Ibigori  n’ibishyimbo nabyo byarahagendeye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru SP Jean Bosco Mwiseneza yemeza ko iyo nzu y’umuturage yafashwe n’inkongi ariko Polisi ifatanyije n’abaturage bayizimya itaratokombera.

SP Mwiseneza arasaba abaturage kwirinda icyo ari cyo cyose cyatera inkongi y’umuriro nko gusiga bacanye mu nzu cyangwa gusiga bacometse gazi.

TAGGED:AmajyarugurufeaturedInkongiIntaraInzuMusanzePolisiUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abana Bafite Munsi Y’Imyaka 7 Bagiye Gukingirwa Imbasa
Next Article Gen Kabarebe Yavuze Uko Byagenda Igisirikare Kijemo Amacakubiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?